Rutangarwamaboko yabigarutseho mu butumwa yacishije ku mbuga nkoranyambaga, aho yanditse avuga ko umugore utwite akwiriye kubahwa no kwiyubaha ubwe.
Mu butumwa bwe yagize ati “Duhane Duhanure […] utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw’ubuzima butazima. Inda y’umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku gasozi.”
Mu butumwa bwa Rutangarwamaboko bamwe batanze ibitekerezo bagaragaza ko yavuze ukuri, mu gihe abandi bamufashe nk’utazi aho ibihe bigeze muri iki kinyejana cy’ikiragano gishya.
Duhane Duhanure kd Duhonore #Benimana bahonoke:Utwite aratwikira ntatwika ngo yimanukire ejo kuzamuka byamugora amagarukirane muri rwa ruziga rw'#UbuzimaButazima.Inda y'umubyeyi irubahwa ikubahirizwa ntiyanikwa ku Gasozi kayiha nde n'u #Rwanda ni Inda. Muzibeho mwo gatsindwa mwe! pic.twitter.com/gNGYFy5AO3
— Muganga RUTANGARWAMABOKO (@RTANGARWMABOKO) December 26, 2024
The Ben kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukuboza nibwo yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘True love’ igaragaramo amashusho y’umugore we, Uwicyeza Pamella, atwite.
Aba bombi bari bamaze igihe gito bizihije isabukuru y’umwaka bamaze barushinze, dore ko bakoze ubukwe ku wa 23 Ukuboza 2023.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!