Ibi Rumaga yabikomojeho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yo kumvisha inshuti ze album ya kabiri yise ‘Era’, aha akaba yari abajijwe impamvu ishapure ye yayikuyeho umusaraba.
Yagize ati “Nari ndi mu gihe cyo kwirabura album yitwa Era, njye nzera ejo[…] mu gihe cy’umusaraba wanjye ntabwo nakongeraho uwa Yezu. Uwanjye nimara kuwururutsa neze nibwo nakongeraho uwa Yezu.”
Abajijwe ku bizera bo muri Kiliziya Gatolika bashobora kuza gufata nabi iki gikorwa, Rumaga yavuze ko adatekereza ko hari uwabikora kuko we ariyo myizerere ye.
Ati “Ntabwo ntekerezako hari uwabifata nabi, uwo byabaho sinzi niba hari icyo namuhinduraho. Burya hari ibyo mfitiye ubushobozi n’ibyo ntabufitiye, igikuru ni uko naba namubwiye impamvu yabyo.”
Rumaga yashyize hanze album y’ibisigo 12 birimo ibyo yakoranye n’abarimo Kenny Sol, Kivumbi King, Bill Ruzima, Iriza JD, Papa Sava, Ismael Mwanafunzi na Clapton Kibonge, ikaba iri kugura ibihumbi 50Frw.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!