00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shaffy wamamaye muri sinema yahishuye ko afite ‘diplôme’ eshatu z’ayisumbuye (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 February 2025 saa 11:39
Yasuwe :

Rukundo Arnold wamamaye muri sinema y’u Rwanda nka Shaffy, yahishuye ko ari umwe mu bakora uyu mwuga babitse impamyabumenyi (diplôme) nyinshi, kuko mu mashuri yisumbuye yahakoreye eshatu, ziyongeraho iy’icyiciro cya mbere cya kaminuza ndetse n’iy’icyiciro cya kabiri yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda.

Ibi Shaffy yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, aho yahamije ko yize ibijyanye na MCB (Mathematiques-Chimie-Biologie), PCB (Physique-Chimie-Biologie) ndetse na PCM (Physique- Chimie-Mathematiques).

Ku kijyanye n’impamvu yahisemo kwiga amasomo menshi mu mashuri yisumbuye, Shaffy yagize ati “Numvaga njye nzakora ‘diplôme’ zose zo mu Rwanda kuko numvaga nshaka gutunga nyinshi kuko njye nari umuhanga rwose n’ubwo atari ukwivuga gusa.”

Nyuma yo kurangiza aya masomo, Shaffy yakomereje muri Kaminuza y’u Rwanda, aho icyiciro cya mbere cyayo yacyize mu yahoze ari KIST bu bijyanye n’Ubutabire (Chimie).

Arangije icyiciro cya mbere cya kaminuza, yakomereje mu cya kabiri ajya kwiga ibijyanye na ‘Biochemistry’ muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

Shaffy watwaye ibihembo bitandukanye muri ‘Rwanda Movie Awards’ nk’aho mu 2014 yatwaye igihembo cya ‘Supporting Actor’, yarinze arangiza amasomo ye mu 2019 adahagaritse na rimwe gukora filime kuko nabyo yabikundaga.

Uyu musore yarangije amasomo ya kaminuza afite filime yari igezweho yitwa “Umwanzuro”, iki gihe ikaba yaracaga kuri Televiziyo y’u Rwanda.

Shaffy wari wararyohewe n’ubuzima bw’i Huye aho yigaga anakorera filime, avuga ko yahakuwe n’uko yaje gukora iyo yumvaga ko igiye kumuhindurira ubuzima, icyakora nyuma yo gufata amashusho yayo baza kuyabura bimutera igihombo cy’arenga miliyoni 5 Frw.

Iki gihe Shaffy ahamya ko yataye umutwe afata icyemezo cyo kuvuga ko ahagaritse gukora sinema, icyakora urukundo yayikundaga ruramuganza.

Nubwo yari agifitiye urukundo sinema, ubushobozi bwe bwari bumaze gukendera kubera icyo gihombo. Yafashe icyemezo cyo kuyoboka isoko rya YouTube ari naryo n’uyu munsi acururizaho.

Kugeza uyu munsi Shaffy umaze gukora filime nyinshi, igezweho ni iyitwa ‘Indaya y’umutima’ mu gihe anitegura gusohora iyo yise ‘Ihwa’.

Rukundo Arnold wamamaye nka Shaffy muri sinema yahishuye ko afite ‘diplôme’ eshatu z’amashuri yisumbuye aho yize MCB, PCB na PCM mbere yo gukomeza muri Kaminuza akiga Chimie na Biochemistry

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .