00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruger yatanze arenga miliyoni 2,5 Frw mu kigo cya Sherrie Silver

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 30 December 2024 saa 07:44
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Ruger, yahaye inkunga y’arenga miliyoni 2,5 Frw umuryango Sherrie Silver Foundation ufasha abana batishoboye biganjemo n’abafite impano zitandukanye.

Ruger mbere yo gutaramira i Kigali ku wa 28 Ukuboza 2024, yabanje gusura ikigo cya Sherrie Silver Foundation ataramana n’abana baho ndetse bamubyinira nyinshi mu ndirimbo ze.

Uyu muhanzi nyuma yo guhabwa impano y’umupira wanditseho izina rye, yashimiye abana bafashwa na Sherrie Silver binyuze muri Sherrie Silver Foundation avuga ko bamushimishije.

Ati “Ndabibona ko mwishimye. Nanjye ndishimye. Ibi binkoze ku mutima cyane […] numvaga mfite ibitekerezo byinshi mu gitondo cy’uyu munsi, ariko umunsi wanjye mutumye ugenda neza cyane. Ndabakunda. Impano nabonye hano ziratangaje. Nshaka ko buri gihe muzajya mwigirira icyizere, mutitaye kubiba.”

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe muri Nigeria yabwiye abo bana bafashwa na Sherrie Silver ko ibintu bibabaho umunsi ku wundi, atari byo bisobanuye ejo hazaza habo.

Yabasabye kujya biyambaza Imana, arangije ababwira ko yemereye iki kigo kibafasha arenga 2,5 Frw bazifashisha mu bikorwa byabo bitandukanye.

Ati “Nshaka ko mwizera Imana, kuko ari yo nzira yonyine y’ukuri. Mu izina ry’itsinda ryanjye nzabatera inkunga ya 2000$ (arenga miliyoni 2,5 Frw). Rimwe na rimwe nshaka kujya nza mu Rwanda nkamara igihe runaka hano.”

Ruger yatanze arenga miliyoni 2,5 Frw muri Sherrie Silver Foundation

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .