Mu kiganiro n’itangazamakuru giteguza igitaramo, yavuze ko akunda u Rwanda ku buryo mu minsi iri imbere yahashyira ibikorwa.
Ati “Nshaka gushora imari hano [mu Rwanda] mu buryo bwose buzashoboka. Kandi mu by’ukuri ni ikintu nshaka gukora. Hahindutse byinshi mu Rwanda, byinshi byarahindutse kuri njye. Ntabwo ntekereza ko nari mfite ‘tatouage’ nyinshi ku mubiri ubwo nazaga mu Rwanda bwa mbere.”
Yavuze ko umwanya muto azamara mu Rwanda kubera iki gitaramo, azawukoresha neza kugira ngo arusheho kumenya iki gihugu akunda.
Ati “Nshaka no guhura n’abantu bamwe na bamwe. Ntabwo ntekereza ko mfite umwanya munini hano, ariko nzagerageza gukoresha umwanya mfite ho gake, murabizi, nimukora ibintu byinshi muzanyumva. Nkunda u Rwanda buri gihe.”
Ruger azahurira mu gitaramo cyiswe ‘REVV UP Experience’ na Victony n’abandi bahanzi nyarwanda barimo Bushali, Ross Kana, B-Threy n’abandi.
Kizabera muri BK Arena. Kwinjira ni 15 000 Frw, 25 000 Frw, 35 000 Frw, 40 000 Frw,50 000 Frw na 75 000 Frw. Victony bazafatanya agomba kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu.
![](local/cache-vignettes/L1000xH800/ubwo_ruger_yageraga_muri_bk_arena_azahuriramo_n_abahanzi_batandukanye_bashimisha_abakunzi_babo-5c48c.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/ruger_ashaka_gushora_imari_mu_rwanda-97bfd.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/bruce_intore_niwe_watumiye_aba_bahanzi-a86df.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/bushali_azaba_ahabaye-7000f.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/abahanzi_barimo_davis_d_bruce_the_1st_na_b-threy_bazaririmba_muri_iki_gitaramo__aha_bari_bari_gutera_urwenya-a19a2.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/b-threy_yavuze_nenshi_bazashimishwa_n_iki_gitaramo_kiri_mu_bisoza_umwaka-6ef2c.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/bruce_the_1st_ni_umwe_mu_bazririmba_muri_iki_gitaramo-11aa1.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/abagize_uruhare_muri_revv_up_experience_n_abahanzi_bazaririmbamo_bahuriye_ku_rubyiniro_n_abahanzi_bifashishijemo-49cf7.jpg?1735369268)
![](local/cache-vignettes/L1000xH759/ruger_yafatanya_ifoto_n_abahanzi_bagenzi_be_bo_mu_rwanda_bazanahurira_mu_gitaramo-fcc4a.jpg?1735369268)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!