00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rihanna yatunguranye! Uko ibyamamare byaserutse muri ’British Fashion Awards’ (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 December 2024 saa 03:54
Yasuwe :

Nk’uko bisanzwe buri mwaka abasanzwe bakurikira ibijyanye n’uruganda rw’imideli, bongeye kuryoherwa no kwihera amaso ibyamamare bitandukanye ubwo byatambukaga ku itapi itukura muri ‘British Fashion Awards’.

Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Mbere tariki 2 Ukuboza 2024, mu Mujyi wa Londres mu nyubako y’imyidagaduro ya Royal Albert Hall. Ibi birori byateguwe na British Fashion Council na Pandora.

Muri uyu mwaka umuhanzi w’imideli w’Umunyamerika Tom Ford yahawe igihembo cya ‘Outstanding Achievement Award’, Issa Rae ahabwa icya ‘Pandora Leader of Change Award’ mu gihe Alex Consani yatwaye igihembo cy’umurika imideli w’umwaka ndetse bimugira umuntu wihinduje igitsina wa mbere wegukanye iki gihembo.

Jonathan Anderson yahawe igihembo cy’uhanga imideli w’umwaka biturutse ku nzu ze zihanga imideli zirimo Loewe yamamaye cyane. Umuhanzi w’imideli w’Umufaransa Michèle Lamy yahaye icyubahiro A$AP Rocky amuha igihembo cya ‘Cultural Innovator Award’.

Ibyamamare byitabiriye ibi birori birimo Rihanna watunguranye akagaragara yajyanye muri ibi birori n’umukunzi we A$AP Rocky, Jodie Turner-Smith, Nicola Coughlan, Anok Yai, Julia Fox, Halle na Chloe Bailey, Caroline Polachek, Venus Williams, Tems, Ellie Goulding n’abandi.

Uretse ibyo umuhanzi w’Umunya-Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun wamamaye nka Wizkid niwe wasusurukije abari bitabiriye ibi birori.

Reba abandi begukanye ibihembo muri ibi birori ukanze hano

Venus Williams ni uku yaserutse yambaye muri ibi birori biri mu bikomeye byo kumurika imideli
Wizkid niwe wasusurukije abari bitabiriye ibi birori
Umunya-Sudani y'Epfo Alek Wek wamamaye mu kumurika imideli mu Bwongereza ni uku yaserutse
Umunyamideli Munroe Bergdorf ni iyi kanzu yajyanye muri ibi birori
Umunyamideli Alessandra Ambrosio wo muri Bresil ni uku yaserutse
Umuhanzikazi Halle Bailey yaserutse mu ikanzu yakozwe na Ellie Misner
Umuhanzikazi Rita Ora yaserutse mu myambaro ya Primark
Umuhanzikazi Issa Rae ni uku yaserutse
Umugore wa Idris Elba, Sabrina Elba nawe ni umwe mu bitabiriye ibi birori bikomeye mu ruganda rw'imideli
Umuhanzi Kojey Radical ni uku yaserutse
Umuhanzi w'imideli w'Umunyamerika Harris Reed ni uku yaserutse
Umufaransa Michèle Lamy uzwi mu guhanga imideli ni uku yaserutse
Tems ni umwe mu bari bitabiriye ibi birori
Uhereye ibumoso Stella McCartney, Anna Wintour na Baz Luhrmann ni uku baserutse
The Flag Twins ni bamwe mu bari bitabiriye ibi birori
Rihanna yaserukanye na A$AP Rocky muri ibi birori
Rihanna yari amaze igihe kinini atagaragara mu mbaga nyamwinshi
Rihanna na A$AP Rocky batunguranye ndetse uyu mukunzi we bafitanye abana babiri ahabwa igihembo
Maria Sharapova wamamaye muri Tennis ni uku yaserutse
Julia Fox ni uku yaserutse yambaye
Ikanzu ya Leomie Anderson yatangaje benshi
Jonathan Anderson yahawe igihembo cy'umuhanzi w'imideli w'umwaka
Chlöe Bailey yaserukanye ikanzu yakozwe na Atsuko Kudo
Ellie Goulding yaserutse mu mwambaro wakozwe na Moncler

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .