00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Producer Element yasimbuwe muri Country Records

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 Werurwe 2023 saa 04:38
Yasuwe :

Producer Real Beats na Prince Kiiz nibo bamaze kwerekeza muri Country Records gusimbura Element wamaze gutandukana n’iyi studio akerekeza muri 1:55AM Ltd isanzwe ifasha Bruce Melodie.

Prince Kiiz wari uherutse kumvikana muri 1:55AM Ltd yemereye IGIHE ko atabashije gukomezanya nabo, ari nayo mpamvu yagiye muri Country Records.

Ati “Hariya twari tutarafata icyemezo. Hari ibintu tutabashije kumvikana mu gukora amasezerano y’imikoranire bituma nshaka kureba ahandi uko byagenda, nisanga namaze kumvikana na Country Records.”

Prince Kiiz yavuze ko kugeza ubu yamaze kwemeranya na Country Records ari nayo bafitanye amasezerano.

Noopja ureberera inyungu Country Records yabwiye IGIHE ko muri gahunda yo kuzamura impano nshya hari abandi ba Producers yifuza ko bakorana barimo na Real Beats wiyongera kuri Kooze wari usanzwe akorana na Element muri iyi studio.

Noopja yavuze ko bari kubaka Country Records irimo aba Producers bafite impano zitandukanye ku buryo bafatanyije bazaba bafite ubushobozi bwo gutanga igihangano kiri ku rwego rwiza.

Real Beats ni umwe mu ba Producers bashya binjiye muri Country Records
Prince Kiiz yemeje ko yamaze kwinjira muri Country Records

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .