00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDB yaganiriye na Sonia Rolland ku bufatanye mu guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 20 January 2025 saa 11:39
Yasuwe :

Abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, na Sonia Rolland uri mu banyarwandakazi bafite izina rikomeye ku Isi, bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye ku kumenyekanisha u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga mu bijyanye n’ubukerarugendo.

Itangazo RDB yanyujije kuri X rigaragaza ko iki kigo cyagiranye ibiganiro n’uyu mugore umaze iminsi mu Rwanda.

Ubu butumwa bugaragaza ko Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, hamwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo rya RDB, Irène Murerwa, bahuye na Sonia Rolland, baganira “ku bufatanye bw’impande zombi mu kubyaza umusaruro ibijyanye no kugira u Rwanda icyerekezo cya mbere mu bukerarugendo no gukora filime.”

RDB yakomeje ivuga ko uyu mu Munyamideli ari mu Rwanda aho ari gukora filime mbarankuru ijyanye n’urugendo rwe mu gihugu cyamubyaye, inagaragaza ibirutatse n’umuco ndangamurage warwo.

Sonia Rolland amaze iminsi mu Rwanda ndetse yasuye ibice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali n’ibyo mu ntara zitandukanye.

Sonia Rolland asanzwe ari umukinnyi wa filime w’Umunyarwandakazi ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa ndetse mu 2000 yabaye Nyampinga w’iki gihugu kiyobowe na Emmanuel Macron.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo rya RDB, Irène Murerwa (ubanza ibumoso) akurikiwe n'Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika bari kumwe na Sonia Rolland
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo rya RDB, Irène Murerwa ashyikiriza Sonia Rolland impano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .