00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ras Mukasa wamenyekanye muri ‘Holy Jah Doves’ yatangiye kuririmba ku giti cye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 February 2025 saa 01:11
Yasuwe :

Ras Mukasa Joseph [Ras Mukasa] wamamaye muri Holy Jah doves yamenyekanye mu njyana ya Reggae, yatangaje ko yinjiye mu muziki mu buryo bweruye nk’umuhanzi ku giti cye.

Uyu mugabo w’imyaka 60 uri mu bamaze igihe kinini baracengewe n’amatwara ya Rastafari, yabwiye IGIHE ko nyuma y’igihe kinini acecetse, yahisemo gutangira urugendo rushya mu muziki.

Ni umwe mu bari bagize Holy Jah Doves yabaye rimwe mu matsinda akomeye mu Rwanda akora umuziki wa Reggae. Iri tsinda ryanamenyekanye mu ndirimbo yitwa ‘Maguru’.

Yagize ati “Nyuma y’igihe, nahisemo gutangira urundi rugendo ndirimba indirimbo zanjye bwite ndetse nzisangiza abakunzi ba Reggae. Kuri ubu natangiriye ku ndirimbo isingiza u Rwanda. Kuko nabaye mu Rwanda mu myaka irimo imibi n’imyiza, rero ubu nishimira ko ibyo twahoraga dusengera biri kugenda biba.”

Muri iyi ndirimbo avuga ko yashakaga gutanga ubutumwa bwerekana ko aho kugira ngo umuntu atatire u Rwanda, yakwemera agahara ubuzima bwe.

Uyu mugabo yabaye umu-Rasta nyuma y’imyaka irindwi Bob Marley yitabye Imana [ni ukuvuga mu mpera za 1981], aza gufata umwanzuro wo kwinjira muri Rastafari.

Ras Mukasa agaragaza ko mu minsi iri imbere afite gahunda yo gukora ibindi bihangano byinshi, bigamije gutanga ubutumwa butandukanye burimo urukundo, gukunda igihugu, gukunda umurimo n’ibindi.

Umva Kabeho, indirimbo uyu muhanzi yahereyeho

https://open.spotify.com/track/0jbbuJp5sjYxEhFfzKfclm?si=S3r_RczoT-a9AHfxFR9cNg&nd=1&dlsi=363c36cd083449c5

Ras Mukasa ni umwe mu bamaze igihe mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .