00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Prince Kiiiz yavuze ko ku bwe Madebeats ari we ’Producer’ w’umuhanga mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 January 2025 saa 06:06
Yasuwe :

Prince Kiiiz uri mu bagezweho mu batunganya indirimbo z’abahanzi mu Rwanda, by’umwihariko akaba ari na we wakoze nyinshi mu zigize album nshya ya Bruce Melodie, ‘Colorful Generation’, yakeje Madebeats ahamya ko amufata nk’uwa mbere mu Banyarwanda batunganya indirimbo.

Ibi Prince Kiiiz yabikomojeho mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, aho yemeje ko mu mateka y’abahanga mu gutunganya umuziki mu Rwanda, asanga Madebeats ari we muhanga wa mbere.

Ati “Madebeats ni umu producer nubaha cyane, kuva u Rwanda rwatangira umuziki ni umwe mu beza rwagize. Mu buryo bw’umuziki ni we urenze ku buryo n’ubu agarutse i Kigali yakongera agakora indirimbo zigakundwa.”

Prince Kiiiz yagaragaje ko ibi abihamya kuko Madebeats azi gucuranga cyane kandi uru rukaba ari urufunguzo rw’ubuhanga mu gutunganya indirimbo.

Ati “Kubera ko azi gucuranga cyane, kandi ni byo rufunguzo mu gutunganya indirimbo […] icyakora ntibivuze ko utazi gucuranga ari umuswa, gusa hari impamvu umuziki uhuzwa n’amanota. Hari ibintu umuntu uzi gucuranga akora abandi batashobora rwose.”

Prince Kiiiz ahamya ko hari byinshi yigiye kuri Madebeats, icyakora amusaba gukora cyane kugira ngo yongere abashe gusohora indirimbo zikundwe cyane.

Madebeats, Element na Prince Kiiiz ni bo ba Producers bakoze kuri album nshya ya Bruce Melodie, ‘Colorful Generation’.

Madebeats wabaye umwe mu ba Producers bakomeye mu Rwanda, mu 2022 yaje kwimukira mu Bwongereza ari na ho atuye ndetse yanahakomereje urugendo rwe mu byo gukorera abahanzi indirimbo.

Prince Kiiiz ahamya ko Madebeats ari we mu Producer w’umuhanga mu Rwanda
Nubwo benshi bagorwa no guhamya ubuhanga bw'abo bakora bimwe, Prince Kiiiz yemeje ko Madebeats ari we mu Producer w’umuhanga mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .