00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Platini na Nel Ngabo bagiye guhurira mu gitaramo cya ‘St Valentin’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 February 2025 saa 01:51
Yasuwe :

Platini na Nel Ngabo basanzwe babarizwa muri KINA Music bagiye guhurira mu gitaramo cyo gususurutsa abakundana bazasohokera kuri ‘Atelier du Vin’ ku munsi wabahariwe uzwi nka ‘St Valentin’.

Iki gitaramo byitezwe ko kizaba ku wa 14 Gashyantare 2025, kiri mu mujyo w’ibitaramo ngarukakwezi KINA Music igiye kujya itegura binyuze muri sosiyete yayo nshya yise ‘KINA Events’.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Ishimwe Clement usanzwe ari umuyobozi wa KINA Music, ari nawe ukuriye KINA Events, yavuze ko iki gitaramo kiri mu mujyo w’ibyo bifuza kujya bakora buri kwezi.

Ati “Iki gitaramo cyitwa ‘Moonlight session’ kiri mu mujyo w’ibyo twifuza kujya dukora buri kwezi cyane ko ari ngarukakwezi bikazajya bihuza abahanzi batandukanye yaba abo muri KINA Music, abandi ndetse n’abo hanze.”

Ku ikubitiro Ishimwe yavuze ko bahereye kuri Nel Ngabo na Platini mu rwego rwo gutanga ibyishimo ku bakundana bifuza gusangirira umunsi wabahariwe ahitwa muri ‘Atelier du vin’.

Platini na Nel Ngabo bagiye guhurira muri iki gitaramo, banahuriye mu ndirimbo ‘Ya motema’ yamenyekanye mu myaka mike ishize.

Uretse Platini na Nel Ngabo, twibukiranye ko KINA Music isanzwe ikorana n’abahanzi barimo Zuba Ray ari na we mushya uheruka kwinjiramo, Tom Close ndetse na Butera Knowless.

Platini na Nel Ngabo bagiye guhurira mu gitaramo cya ‘St Valentin’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .