00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pastor Claude Ndayishimiye arembeye muri Amerika

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 9 March 2025 saa 07:37
Yasuwe :

Pastor Claude Ndayishimiye umaze igihe yarimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho abana n’umuryango we, ararembye nyuma yo gufatwa n’uburwayi bw’ikibyimba cyafashe ubwonko.

Nubwo nta bimenyetso bigaragaza ko ari kanseri, abaganga bagaragaje ko uburwayi bwe buri gukura vuba.

Uburwayi bwa Ndayishimiye bwatangiye mu 2022 ubwo yafatwaga na kanseri y’ibihaha yageze ku cyiciro cya kane, icyakora aza kuyikira.

Nyuma y’igihe gito akize iyi kanseri mu 2023, Ndayishimiye yatangiye kuribwa umutwe, anyuze mu cyuma basanga ari ikibyimba cyamufashe ku gice cy’ubwonko aho ubushobozi bwo kwibuka no kugenzura ingingo bigenzurirwa.

Kugeza ubu uburwayi bwa Ndayishimiye bukomeje kuba ingutu kuko abaganga bamumenyesheje ko baramutse bamubaze ikibyimba yagira ikibazo cyo gutakaza ingingo ze.

Nubwo iyi kanseri itagaragaza ibimenyetso bya kanseri nk’uko bisanzwe, abaganga bayise batyo kubera uburyo igenda ikura.

Ndayishimiye uri kwivuriza mu bitaro bya ‘Moffitt Cancer Center’ biherereye muri Florida, akeneye arenga ibihumbi 75$ yo kwivuza neza, cyane ko hagati y’ibyumweru bitandatu n’umunani ari bwo bazakorwa isuzuma ngo harebwe niba ubuvuzi ari guhabwa buri kumufasha.

Kuri ubu hamaze gushyirwaho uburyo bwo gukusanya amafaranga yo kumushyigikira, aho buri wese yitanga uko ashoboye.

Ku rundi ruhande abahanga bagaragaza ko ari amahirwe kuba ntacyo iyi kanseri iramwangiriza kuko yakabaye yaramuteye ubumuga.

Ndayishimiye Claude azwi nk’umuhanzi, umunyamakuru n’umuyamideli.

Mbere yo kuva mu Rwanda, Ndayishimiye yari Umuyobozi wa Radio Authentic ndetse yari n’Umuyobozi wa PMA (Prime Model Agency) yubatse izina mu ruganda rwo kumurika imideli mu Rwanda.

Kanda hano ubashe gushyigikira Pastor Ndayishimiye

https://www.gofundme.com/f/HelpClaudebeatcancer?fbclid=IwY2xjawI4-TJleHRuA2FlbQIxMQABHaIBzblCN9vcK6XVahXaZzLfA04Nr6qO9jmZXzZ1NXZUHFRxn76iHt4arQ_aem_ltI131MLH3P5USS5vu5BCQ

Claude Ndayishimiye amaze igihe muri Amerika aho yashakiye
Ndayishimiye kugeza ubu afite abana babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .