00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Passy Kizito wamamaye muri TNP ashobora kwiyongera mu banyamakuru ba RBA

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 January 2025 saa 10:11
Yasuwe :

Passy Kizito umaze kubaka izina mu muziki w’u Rwanda, by’umwihariko akaba yaramamaye mu itsinda rya TNP, yatsinze ikizamini kimwinjiza mu Rwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) nk’umunyamakuru wa Magic FM.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigaragaza abahataniye akazi ko gukora kuri Magic FM, Passy Kizito yatsinze ikizamini n’amanota 79%, arushwa rimwe na Uwingabiye Annick wa mbere kuko afite amanota 80%.

Muri 22 bakoze ikizamini yaba icyanditse ndetse n’icyo kuvuga, bane gusa ni bo babashije gutsinda ndetse bahabwa akazi, muri aba hakabamo na Passy Kizito.

Mu 2018 ni bwo Passy Kizito yarangije amasomo ya kaminuza, aho yize itangazamakuru, nyuma uyu musore yanyuze muri Radio na TV1.

Nyuma y’igihe gito akora itangazamakuru, Passy Kizito yaje kurisezera yongera gusubira mu muziki yari atangiye gukora wenyine, nyuma y’uko mugenzi we bakoranaga mu itsinda rya TNP nawe yari yimukiye muri Uganda.

Passy Kizito kuva atangiye kwiririmbana yakoze izirimo “Golo” ikurikira “Basi Sorry” yakoranye na Chris Eazy ndetse na ‘Wowe’ yakoranye na Butera Knowless.

Passy Kizito ashobora kuba umunyamakuru wa RBA
Passy Kizito yamamaye cyane mu itsinda rya TNP

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .