00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis agiye kugaragara mu ruhame ku nshuro ya mbere nyuma yo kujya mu bitaro

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 March 2025 saa 12:20
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, nyuma yo kumara hafi ukwezi n’igice mu bitaro aho yari ari kuvurirwa indwara z’ubuhumekero, ku nshuro ya mbere agiye kongera kugaragara mu ruhame.

Ku wa 14 Gashyantare 2025 ni bwo Papa Francis yajyanywe mu Bitaro bya Agostino Gemelli Polyclinic by’i Roma, aho yari ari gukurikiranwa ku ndwara y’ibihaha izwi nka ‘bronchite’.

Uko iminsi yiyongeraga ubuzima bwa Papa Francis bwarushagaho kujya ahabi ku buryo amasengesho yabaga yateguriwe kuyobora yasubikwaga.

Kuri uyu wa 22 Werurwe 2025 Vatican yatangaje uyu Mushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika azagaragara mu ruhame aho arwariye mu Bitaro bya Agostino Gemelli Polyclinic by’i Roma.

Mu itangazo yagize iti “Ejo [ku wa 23 Werurwe 2025] Papa Francis azagaragara mu ruhame mu Bitaro bya Gemelli by’i Roma nyuma gato ya Saa Sita z’amanywa aho azaba asuhuza abakirisitu ari na ko atanga umugisha nk’uko asanzwe abikora iyo yahuye na bo.”

Vatican yatangaje ko ubundi butumwa bwa Papa Francis buzatambutswa nk’uko bisanzwe bikorwa ku Cyumweru ubundi abakirisitu bagakurikirana icyo yababwiye.

Papa Francis w’imyaka 88 yakunze kurandwa n’indwara z’ubuhumekero igihe kinini, ndetse mu myaka ye y’ubuto yigeze kurwara indi ndwara y’ubuhumekero izwi nka ‘pneumonia’, nyuma igice cy’igihaha kimwe kiza gukatwa.

Papa Francis yabaye Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika mu 2013, aba Umunyamerika y’Amajyepfo wa mbere uhawe izo nshingano.

Papa Francis agiye kugaragara mu ruhame bwa mbere nyuma y'uko ajyanywe mu bitaro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .