Uyu muhanzi ntiyigeze atangaza igihe yibiwe, gusa abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ko yatewe agahinda no kuba na polisi y’iki gihugu ntacyo yakoze ngo imufashe kugaruza izi mudasobwa zo mu bwoko bwa ‘Macbook’.
Ati “Ku kibuga cy’indege cya Julius Nyerere muri Tanzania nibwe mudasobwa ebyiri, n’abarinzi nibashake bakurweho kuko ntacyo bamaze, mu masaha atatu yose mpamaze banze no kugira icyo badufasha ngo dushakishe byibura ngo turebe ko izo mudasobwa zaboneka. ijoro rimbereye ribi mu buzima bwanjye.”
Yakomeje avuga ko abashinzwe uburinzi kuri iki kibuga cy’indege bamwangiye ko banareba muri camera zishinzwe umutekano.
Ati “Ese ubundi nk’abashinzwe uburinzi akazi kabo ni akahe? badashoboye no kugira icyo bagufasha. Njyewe nk’umukunzi wa Tanzania ndababaye cyane, nkeneye ubutabera kuko ngomba kugarurirwa mudasobwa zanjye iri joro, ariko wagira ngo barashaka ko nguma mu gihombo.”
Otile Brown ukomoka muri Kenya ni umwe mu bahanzi bamaze kwigarurira igikundiro cy’abatari bake barimo n’Abanyarwanda. Uyu muhanzi kandi yakoranye indirimo na bagenzi be bo mu Rwanda, The Ben na Meddy.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!