00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Orchestre Impala na Knowless batumiwe muri ‘Gen-Z Comedy’ isoza umwaka wa 2024

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 December 2024 saa 10:31
Yasuwe :

Mu gihe abakunzi b’ibitaramo byo gusetsa ‘Gen-Z Comedy’ bageze kure imyiteguro yo kwitabira icya nyuma gisoza umwaka wa 2024, ababitegura nabo ntibaryamye bakomeje gukora iyo bwabaga ngo bazatange ibyishimo ku bakunzi babyo.

Ni muri urwo rwego ubuyobozi bwa ‘Gen-Z Comedy’ bwatumiye Orchestre Impala ngo izasusurutse abazitabira ibi birori, mu gihe Butera Knowless ariwe mutumirwa w’umunsi.

Ibi bitaramo ubusanzwe biba kabiri mu kwezi, byitezwe ko iby’umwaka wa 2024 bizasozwa ku wa Kane tariki 26 Ukuboza 2024, mu gitaramo kizabera muri Camp Kigali.

Gen-Z Comedy ni ibitaramo by’urwenya byatangijwe na Fally Merci, kuri ubu bakaba bari kugana mu mezi ya nyuma yo kuzuza imyaka itatu ishize bitangiye.

Muri Gashyantare 2024 nibwo uyu munyarwenya yizihije imyaka ibiri ishize atangije ibi bitaramo.

Ku rundi ruhande uretse aba bahanzi batumiwe kuri iyi nshuro, abazitabira iki gitaramo bazasusurutswa n’abanyarwenya barimo; Fally Merci, Pirate, Muhinde, Rufendeke n’abandi benshi.

Butera Knowless azaganiriza urubyiruko ruzitabira igitaramo cya 'Gen-Z Comedy'
Orchestre Impala niyo izasusurutsa abazitabira igitaramo cya 'Gen-Z Comedy'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .