00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nzabahayo uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 17

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 May 2025 saa 09:10
Yasuwe :

Umuhanzi Nzabahayo Silas wamamaye nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure.

Ni amakuru IGIHE yahamirijwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry wemeje ko Silas yatawe muri yombi ku wa 19 Gicurasi 2025.

Ati “Ni byo koko, Nzabahayo Silas uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi ku wa 19 Gicurasi 2025 akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 17 akamutera inda.”

Silas ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ nyuma yo gutabwa muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamata mu gihe hagikomeje iperereza kugira ngo akorerwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Silas azwi mu ndirimbo nka ‘Ntiwabibatumye’ n’izindi nyinshi akunze gukoresha mu buryo bwo kubwiriza ijambo ry’Imana.

Silas wamamaye nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ akurikiranyweho gusambanya umwana w'imyaka 17

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .