Ubwo yari muri Nigeria mu Mujyi wa Lagos ahitwa Palms, John Legend yataramanye n’abarimo Simi ndetse na DJ Consequence.
Uyu muhanzi abaye uwa kabiri ukomeye utumiwe mu bitaramo bya ‘Move Afrika’, nyuma ya Kendrick Lamar.
Iki gitaramo cya John Legend kiba ku bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga uvuganira abaturage, ugamije kurandura ubukene, Global Citizen; ubinyujije muri gahunda ya Move Afrika.
Global Citizen ihuza muzika na politiki kugira ngo hakorwe ubukangurambaga bushingiye ku bikorwa, ibirori byerekanwa imbonankubone ku Isi hose, inama z’abayobozi, n’ibindi kugira ngo bikemure ibibazo byihutirwa byugarije ikiremwamuntu.
Ubwo aheruka i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025, John Legend yahakoreye igitaramo gikomeye cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi umunani mu gihe yahuriye ku rubyiniro n’abarimo Bwiza ndetse na DJ Toxxyk.










TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!