00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wendy Williams yongeye kugaragara mu ruhame

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 17 December 2024 saa 01:56
Yasuwe :

Nyuma y’amezi ane Wendy Williams wamamaye mu biganiro kuri televiziyo atagaragara mu ruhame kubera uburwayi, yongeye kugaragara asa nk’uwatoye agatege.

Sabrina Morrisey ushinzwe kumwitaho, yari aherutse gutangaza ko yatakaje ubushobozi bwose bwo kugira icyo yakora bitewe n’ubu burwayi.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’uwitwa Antoine Edwards, Wendy yagaragaye afite imbaraga bitandukanye n’ubushize, ndetse amwenyura.

Edwards yavuze ko uyu mugore ameze neza ndetse ngo ubwo yafatwaga aya mashusho muri Leta ya Florida, yari kumwe na mubyara we, Travis Finnie.

Wendy yaherukaga kugaragara mu ruhame muri Kanama 2024, ubwo Sabrina yagezaga mu rukiko ikirego ku bakoze filime mbarankuru yiswe ’Where Is Wendy Williams?’

Muri Gicurasi 2023 ni bwo byatangajwe Wendy wamamaye mu biganiro birimo ’The Wendy Williams Show’ yatakaje ubushobozi bwo kwibuka. Icyo gihe Sabrina yahawe inshingano yo gukurikirana ubuzima bwe n’imitungo ye.

Yahagaritse ikiganiro ’Wendy Williams Show’ mu 2022 nyuma y’imyaka 12 kiba. Icyo gihe yasimbuwe na Sherri Shepherd, watangije icyo yise “SHERRI”.

Indwara ya ‘Frontotemporal dementia’ yafashe Wendy yangiza ubwonko, bigatuma uyirwaye atabasha kuvuga neza no gusobanukirwa ibyo mugenzi we ari kumubwira, kunanirwa k’umubiri no kutagenda neza, guhindagurika kw’amarangamutima n’ibindi.

Abaganga b’ubuzima bwo mu mutwe bagaragaje ko nta muti cyangwa urukingo by’iyi ndwara bihari, uretse gufasha uyirwaye kuvurwa ibimenyetso byayo no kumugabanyiriza uburibwe.

Iyi ndwara ni yo yatumye Bruce Willis wamamaye muri filime ahagarika aka kazi.

Uyu mugore yubatse izina mu biganiro kuri televiziyo
Amashusho ya Wendy Williams yongeye kurema agatima abakunzi be

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .