Ni igitaramo cyitabiriwe n’abarimo abanyeshuri n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo biganjemo abo mu Karere ka Huye bagaragazaga urukumbuzi bari bafitiye iri torero.
Umwe mu bayobozi b’iri torero, Rodrigue Rusagara, yabwiye IGIHE ko iki gitaramo kiri mu mujyo w’ibindi byinshi bifuza kujya bakorera muri iyi Kaminuza yashingiwemo Inyamibwa.
Rusagara yijeje ibitaramo bizenguruka no mu zindi kaminuza nubwo atavuze igihe bizatangirira.
Igitaramo ‘Inka’ bakoreye i Huye cyari gikurikiye icyo bakoreye mu Mujyi wa Kigali muri Camp Kigali ku wa 15 Werurwe 2025.
Itorero Inyamibwa ryavukiye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye mu 1998, rishingwa n’abanyeshuri bari bahuriye mu muryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ‘AERG’.
Ryari itorero bashinze mu rwego rwo kujya ribafasha kubona uburyo bwo kwidagadura bityo bakirinda kwigunga, icyakora uko imyaka yagiye yigira imbere ryarakomeye birangira uyu munsi ribarizwa mu matorero akomeye mu Rwanda.
Mu 2017, iri torero ryimukiye mu Mujyi wa Kigali, aho rikorera kugeza uyu munsi.
’Igitaramo Inka’, Itorero Inyamibwa ryateguye, kigamije kongera gukundisha abantu inka, kubibutsa umuco wo kugabirana ndetse n’isano umuntu afitanye n’inka.
Mu kugitegura, abagize iri torero bavugaga ko biyemeje kugira imwe mu miryango bazagabira ndetse bakazanatangiza ubukangurambaga bwo kugabirana, kuri ubu nyuma y’ibi bitaramo bakaba bahamya ko bagiye kwicara bakareba uko babikora neza.





























Amafoto: Cyubahiro Key
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!