00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma y’imyaka 18, MC Murenzi yongeye gutegura ‘Kigali Streetball Festival 2025’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 July 2025 saa 06:56
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka 18 ibirori bya ‘Kigali Streetball’ bitaba mu Rwanda, Kamatali Murenzi wamamaye nka MC Murenzi agiye kubisubukura, aho ibyiciro bitandukanye bizatangira guhatanira muri Petit stade ku wa 19-20 Nyakanga 2025.

Ibi birori byaherukaga mu 2007 byategurwaga na Contact FM biza guhagarara, nyuma y’imyaka 18 MC Murenzi wari mu babiteguraga kuri ubu akaba agiye kongera kubisubukura.

Ibi bitaramo MC Murenzi agiye gutegura binyuze muri sosiyete ye yise ‘UNIK MM Innovation’ bakazibanda ku rubyiruko rufite impano mu ngeri zitandukanye.

Uretse abazitabira iri rushanwa rizaba ririmo guhatana mu kubyina imbyino zinyuranye, kugaragaza impano zidasanzwe mu mukino wa Basketball n’ibindi, abazitabira ibi birori bazasusurutswa n’abahanzi barimo Bull Dogg, Bushali, B Threy, Angell Umutoni n’abandi banyuranye.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, MC Murenzi yasabye buri wese uziko afite ijwi rigera kure by’umwihariko itangazamakuru kuzitabira iki gikorwa kugira ngo babafasha mu mukoro bihaye wo kugaragaza impano nshya banakangurira urubyiruko kuzikoresha neza.

Ati “Kigali Streetball Festival 2025 ni urubuga rwashyiriweho guha urubyiruko amahirwe yo kugaragaza impano zabo, kuruhuza n’abandi bahanzi ndetse no kurutoza gukoresha impano zabo mu buryo bwiza bubateza imbere. Bityo turashishikariza abanyamakuru, ibigo by’itangazamakuru n’abakunzi ba siporo n’ubugeni kuzitabira no gutangaza iyi gahunda hagamijwe gushyigikira no gukangurira urubyiruko kwitabira ibikorwa byubaka.”

Iri rushanwa rifite intego yo gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko byitezwe ko kwinjira ku bazagura amatike mbere ari 5000Frw mu gihe abazayagurira ku muryango ari 8000Frw naho ku bashaka kwicara hafi n’ikibuga bakazishyura ibihumbi 15Frw.

Abazatsinda iri rushanwa bashyiriweho ibihembo byihariye
Ubwo Anita Pendo na MC Murenzi bari muri ‘Kigali Streetball Festival 2007’
MC Murenzi yagaruye ‘Kigali Streetball Festival 2025’ yari imaze imyaka 18 itaba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .