Uyu muraperi wahagurutse i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2024, byitezwe ko agera i Dubai mu rukerera rwo ku wa 20 Nyakanga 2024 umunsi n’ubundi azataramiraho.
P Fla yaherukaga mu kibuga cy’indege mu 2007 ubwo yari agaruwe mu Rwanda avuye muri Norvège kubera ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge yari yarahakoreye ubwo yari yarimukiyeyo.
P Fla wari waragiye i Burayi kurangirizayo amashuri yisumbuye ndetse akahatangirira kaminuza, akaba n’umuhanga mu gukina Basketball cyane ko yakiniye ikipe ya Oslo Kings yaje kugira ikibazo cy’imyitwarire nyuma yo kwisanga mu kigare cy’urubyiruko rwamuraruye biba ngombwa ko acyurwa mu Rwanda ku gahato.
Uretse indege yamucyuye ku gahato yaherukagamo mu 2007, P Fla yongeye gufata rutemikirere mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Nyakanga 2024 yerekeza i Dubai aho agiye gutaramira.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!