00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Coach Gael yongeye guhura na Element nyuma y’iminsi badacana uwaka

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 July 2025 saa 01:28
Yasuwe :

Nyuma y’igihe badacana uwaka ndetse inyinshi mu nkuru zibaganisha mu nkiko kubera kunanirwa kumvikana mu bijyanye n’imikoranire, Coach Gael na Element, bahuriye muri Amerika.

Aba bombi bahuriye mu gikorwa cya ‘Rwanda Convention USA’ bagaragaye basohokanye mu ijoro ryo ku wa 5 Nyakanga 2025.

Element na Coach Gael bongeye kugaragara bari kumwe nyuma y’amakuru yari amaze iminsi avuga ko ibyari ikibazo hagati yabo byamaze guhabwa umurongo ku buryo impande zombi ziri kumvikana bitabaye ngombwa ko biyambaza inkiko.

Mu minsi ishize Element Eleeeh yavuze ko ikibazo cyabaye ari icyo mu muryango ku buryo ku bwe asanga kigomba gukemuka binyuze mu biganiro kandi byanatangiye.

Ati “Njya mbibona ariko uko biri kose uriya ni umuryango wanjye, ibibazo byose twagirana twabikemurira imbere. Buri bucuruzi bwose bugira ibibazo ariko birakemuka iyo abantu bahuye bakaganira. Utubazo twari turimo twose turi gukemuka.”

Icyo gihe, Mugarura Kenny uyobora 1:55AM Ltd nawe yahamirije IGIHE ko aya makuru ari impamo, ati "Element turi kuganira, ibibazo byari byabaye ariko rwose bisa n’aho biri gukemuka kandi biri mu murongo mwiza."

Element yari amaze igihe avugwa mu nkuru zo kutavuga rumwe n’abahoze ari abakoresha be banamushinjaga kudatanga amafaranga bumvikanye. Uyu musore yanashinjwe guta akazi.

Ku bijyanye no kongera amasezerano muri 1:55AM Ltd cyangwa gutandukana mu mahoro mbere y’uko ahari arangira, Kenny Mugarura yavuze ko bizagenwa n’ibiganiro barimo, ari nabyo bizagena ahazaza h’imikoranire yabo.

Coach Gael na Element bahuriye muri Amerika
Guhura kwa Element na Coach Gael bishobora gushyira akadomo ku mwuka mubi wari umaze iminsi ututumba hagati yabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .