00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Titi Brown na Nyambo bongeye kugaragara bari kumwe

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 8 February 2025 saa 07:50
Yasuwe :

Hashize iminsi bivugwa ko Titi Brown na Nyambo Jesca batagicana uwaka, icyakora hari amashusho yagaragaye aba bombi bari kumwe.

Mu kiganiro na IGIHE, umwe mu nshuti zabo yasobanuye iby’ayo mashusho ati “Ariya mashusho yafatiwe aho twafatiye amashusho ya filime yafashwe n’umwe mu bakinnyi ba filime ya Titi Brown yenda gusohoka, naho iby’urukundo byo ntabyo ahubwo icyabaye ni uko Nyambo yari yaje kuyikinamo.”

Ku rundi ruhande, aba bamaze igihe kinini bakundana ariko baterura ngo bahamye inkuru y’urukundo rwabo. Amakuru avuga ko baje gutandukana mu minsi ishize babigira ibanga rikomeye kugeza ubwo bitangiye kuvugwa mu itangazamakuru.

Yaba Titi Brown ndetse na Nyambo nta n’umwe urashaka kugira icyo avuga ku mubano wabo cyane ko inshuro zose twagerageje kubavugisha, nta n’umwe uragira icyo abivugaho.

Ni mu gihe amakuru avuga ko iyi filme nshya ya Titi Brown izajya hanze bitarenze uku kwezi.

Nubwo bivugwa ko batandukanye, Titi Brown na Nyambo bashobora guhurira muri filime y'uyu musore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .