00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben yakiriye iwe abanyarwenya bitabiriye igitaramo cya ‘Gen-Z Comedy’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 27 March 2025 saa 10:22
Yasuwe :

The Ben wari umaze iminsi mu bitaramo bizenguruka ibihugu by’i Burayi, yakiriye iwe abanyarwenya bo muri Uganda bitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu ya ’Gen-Z Comedy’.

Uyu muhanzi wageze i Kigali ku wa 26 Werurwe 2025, asanzwe ari umufana ukomeye wa MC Mariachi, umwe mu banyarwenya bategerejwe muri ’Gen-Z Comedy’.

Yagize umwanya wo kuganira nabo ku gitaramo ari gutegura mu Mujyi wa Kampala cyane ko mu bari kugitegura harimo na Alex Muhangi usanzwe ategura ‘Comedy Store’.

Hari amakuru IGIHE ifite, ko The Ben yihutiye kugaruka mu Rwanda kuko hari imwe muri sosiyete basanzwe bakorana bagomba kuvugurura amasezerano mu minsi ya vuba.

Ni amakuru ariko kandi ahamya ko uyu muhanzi agomba guhita asubira i Burayi kuba ari kumwe n’umugore we Uwicyeza Pamella uherutse kwibaruka imfura yabo, mbere y’uko yongera kugaruka mu Rwanda aho azava yerekeza i Kampala mu gitaramo azahakorera ku wa 17 Gicurasi 2025.

Amatike yo kwinjira muri iki gitaramo cyo kumvisha abakunzi be album ye nshya yise ‘The Plenty Love’ yamaze gushyirwa ku isoko, iya make ni ibihumbi 150 UGX (57 000 Frw), mu gihe iya VVIP yo ari ibihumbi 500 UGX (190 000 Frw), naho abantu umunani bashaka kwicarana ku meza yo muri VVIP ni miliyoni enye z’amashilingi ya Uganda (1 500 000 Frw).

The Ben yakiriye iwe abanyarwenya bo muri Uganda bitabiriye ibitaramo bya 'Gen-Z Comedy'
The Ben yasabye abakunzi be gushyigikira Gen-Z Comedy igiye kwizihiza imyaka itatu
The Ben ari mu myiteguro y'igitaramo agiye gukorera i Kampala muri Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .