Ni ikiganiro uyu munyarwenya yari ayoboye agihuriyeho n’urubyiruko rumukurikira, batera urwenya yewe n’ugerageje kubakebura bakamwima amatwi.
Nyuma yo kuva kuri iyi Live yari yateguye kuri Tik Tok, Nyaxo yasubiye ku mbuga nkoranyambaga ze atambutsa ubutumwa bwo gusaba imbabazi yisegura ku bakurikiye iki kiganiro ndetse n’Abanyarwanda muri rusange.
Mu butumwa bwe, Nyaxo yagize ati “Aka kanya nje hano gusaba imbabazi abantu mwese mwari munkurikiye kuri live nakoze ku wa 11 Mata 2025 saa tatu z’ijoro, kuri Tik Tok aho njye na bagenzi banjye twari kumwe tuvuga ibintu bitajyanye n’ibi bihe turimo byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Uyu munyarwenya yakomeje asaba imbabazi ati “Nsabye imbabazi Abanyarwanda mwese muri rusange cyane cyane abo byakomerekeje, ndashishikariza urubyiruko n’ibyamamare gukoresha imbuga nkoranyambaga neza kugira ngo duhashye abapfobya Jenoside.”
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Muragira B. Thierry yabwiye IGIHE ko bagiye gusesengura ibyakozwe hakarebwa icyakorwa.
Ati “Ikibanza ni ugusesengura ibyo yakoze hanyuma umwanzuro uzafatwe nyuma."
Ubwo yari abajijwe niba ubutumwa amaze iminsi atanze bwo gusaba abahanzi gukoresha imbuga nkoranyambaga zabo barwaya abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, abayihakana ndetse n’abayipfobya, Umuvugizi wa RIB yagize ati "Kwigisha ni uguhozaho, ntabwo wakwizera ko ubutumwa watanze bwumviswe na bose. Hari abinangira, gusa tuzakomeza twigishe ariko tubijyanishe no guhana.”

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!