00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntibizongera kuntwara imyaka nk’iyo nari maze - Umutare Gaby nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 February 2025 saa 07:38
Yasuwe :

Umutare Gaby yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Adeyi’, ahita ahamya ko abakunzi be batazongera kwicwa n’irungu kuko yongeye guha umwanya we umuziki ku buryo bagiye kongera kubona ibihangano bye ku bwinshi.

Ibi uyu mugabo yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Adeyi’.

Ati “Abakunzi banjye bumve ko batazongera kwicwa n’irungu kuko urebye ubu navuga ko ngiye kongera guha umwanya umuziki wanjye. Mfite ibihangano byinshi muri studio zitandukanye ubu icyo ndi kwigaho ni ukureba uko zizasohoka.”

Umutare Gaby ahamya ko kimwe mu bindi bintu ari gutekerezaho ari ukureba uko yakora amashusho y’indirimbo ze ahereye kuri ‘Adeyi’ yamaze gushyira hanze.

Uyu muhanzi ahamya ko mu minsi ya vuba aba yamaze gutunganya amashusho y’iyi ndirimbo ye nshya ku buryo azayisangiza abakunzi be.

Umutare Gaby yaherukaga gusohora indirimbo mu 2023, ubwo yashyiraga hanze iyo yise ‘Juru’, icyakora ku rundi ruhande mu buryo buhoraho uyu muhanzi aheruka gukora umuziki mu myaka umunani ishize.

Mu 2017 nibwo Umutare Gaby yakoze ubukwe ahita animukira muri Australie, icyo gihe aba anashyize ku ruhande ibya muzika ibyo yise kubanza kwita ku muryango we no kumenyera ubuzima bushya.

Kuri ubu Umutare Gaby ahamya ko ibintu byose yamaze kubishyira ku murongo ku buryo igitahiwe ari ugukora umuziki kuko yaba ubuzima bushya yamaze kubumenyera ndetse n’iby’umuryango we yamaze kubishyira ku murongo.

Umutare Gaby ni umwe mu bahanzi bubatse izina mu muziki w’u Rwanda mu ndirimbo ze nka Ntunkangure,Mesa kamwe, Urangora n’izindi zitandukanye.

Umutare Gaby yashyize hanze indirimbo ye nshya yise 'Adeyi'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .