Uyu muhanzi yabikomojeho ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe avuye muri Tanzania aho yari amaze iminsi muri gahunda zijyanye n’umuziki we.
Mu kiganiro yagize ati “Ntiwabigereranya. Trace [Awards yabereye] mu Rwanda yari ku rwego rwo hejuru, biroroshye ko iyabereye mu Rwanda wayigereranya na za MTV, BET ariko muri Tanzania ntekereza ko na bo ubwabo batunguwe n’uko bitabagendekeye neza.”
The Ben ahamya ko ubuyobozi bwa Trace TV bukwiye kugarura ibihembo bya Trace Awards mu Rwanda kuko hari ibintu byose byatuma ibi bihembo bigenda neza.
Uyu muhanzi yavuze ko imitegurire muri rusange itari imeze neza, ibirenze kuba ikibazo cy’inyubako yari yashyizwe mu majwi.
Ati “Birenze inyubako, niba ari itsinda bakoresheje ritabikoze neza, ntekereza ko kugira ngo ibirori bitangire Saa Saba z’ijoro, Saa Cyenda z’ijoro abahanzi babe bagihabwa awards, byarimo akabazo.”
The Ben ukubutse muri Canada aho yakoreye ibitaramo, yavuze ko ibitaramo bye byagenze neza uretse imijyi yahuriyemo n’ubukonje bukabije bugatuma abantu batitabira ari benshi, icyakora ahamya ko aho na ho azongera agasubirayo mu gihe kizaza.
Ku rundi ruhande, The Ben yageze i Kigali atagomba kuhatinda kuko agiye kwerekeza i Burayi aho ategerejwe mu gitaramo cyo kumurika album ‘25 Shades’ ya Bwiza kizabera i Bruxelles mu Bubiligi, mbere y’uko atangira ibitaramo bye bizazenguruka mu bihugu bitandukanye.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!