00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyumva nk’umwana ugeze mu rugo; Hilary Okello witabiriye Gen-Z Comedy yageze i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 February 2025 saa 05:31
Yasuwe :

Umunyarwenya Hilary Okello watumiwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy ku wa 6 Gashyantare 2025, akigera i Kigali yavuze ko yishimira gutumirwa mu Rwanda kuko asigaye ahafata nko mu rugo.

Ibi uyu munyarwenya yabikomojeho ubwo yari ageze i Kigali kuri uyu wa 5 Gashyantare 2025.

Dr. Hilary Okello yagize ati “Ejo bundi bamaze kuntumira nibwo twasubije amaso inyuma nsanga ari njye munyarwenya w’umunyamahanga umaze gutumirwa kenshi muri Gen-Z Comedy. Yego ni byo ariko kandi abantu bakwiye kumenya ko hari nubwo kuntumira mbigiramo uruhare kuko mba nkumbuye mu rugo. Buri gihe iyo ndi mu Rwanda niyumva nk’uri iwacu.”

Uyu munyarwenya waherukaga i Kigali muri Nyakanga 2024, yongeye gutumirwa mu bitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ ku nshuro ya kane. Yataramiye bwa mbere muri Gen-Z Comedy muri Werurwe 2023.

Uretse icyo gihe, Dr. Hilary Okello yongeye kwiyambazwa muri Gen-Z Comedy muri Werurwe 2024 ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka ibiri ibi bitaramo byari bimaze bibera mu Rwanda.

Ubwa nyuma yaherukaga muri ‘Gen-Z Comedy’, byari muri Nyakanga 2024 ubwo yari yatumiwe mu gitaramo yahuriyemo na Teacher Mpamire.

Dr. Hilary Okello ni umwe mu bazasusurutsa abazitabira Gen-Z Comedy
Dr. Hilary okello yageze i Kigali yakirwa na Fally Merci utegura Gen-Z Comedy
Dr. Hilary Okello ahamya ko yishimira kugenderera u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .