Iki gitaramo byitezwe ko kizabera muri ’Institut Français du Rwanda’ ku wa 8 Werurwe 2025 ku munsi mpuzamahanga wahariwe abagore.
Mbere yo gutaramira i Kigali, Nirere Shanel yabanje gusohora indirimbo nshya yise ‘You complete me’ ahamya ko yahisemo kuyisohora kuri ‘Saint Valentin’ nk’impano yahaye abakundana.
Iyi ndirimbo, Nirere Shanel ahamya ko ishingiye ku nkuru y’urukundo rwe, ati “Mu buzima bwanjye sindi umuntu wagize abantu benshi twakundanye gusa na buri umwe yansigiye isomo. Ino ndirimbo ishingiye ku masomo nigiye mu rukundo, ntekereza ko iri bugarure icyizere ku muntu warubabarijwemo ku rwego rw’uko yumva atacyirwizereramo.”
Nirere Shanel yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2022, iki gihe akaba yarataramiye ahitwaga L’Espace ku Kacyiru.
Nirere Shanel ni umwe mu bahanzikazi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda. Yameyekanye mu ndirimbo nka Ndarota, Ndagukunda byahebuje, Nakutaka, n’izindi nyinshi zo ha mbere, ariko kuri ubu afite inshya zirimo Araho, Atura n’izindi zo mu myaka ya vuba.
[Umva indirimbo nshya ya Nirere unyuze hano-


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!