00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni ugutera ibuye rimwe nkica inyoni ebyiri- Chriss Eazy mbere yo kwerekeza i Burayi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 December 2024 saa 11:30
Yasuwe :

Chriss Eazy ukomeje imyiteguro yo kwerekeza i Burayi aho afite ibitaramo bitandukanye, yahamije ko yiteguye gufatirayo amashusho y’indirimbo ze ku buryo mu gihe azaba ashoje ibyo gutarama abakunzi be bazabona ibihangano bishya azaba yakoreye ibwotamasimbi.

Ibi Chriss Eazy yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari abajijwe aho ageze imyiteguro yo kujya gutaramira i Burayi aho ateganya kuzabihera mu Bubiligi ku wa 14 Ukuboza 2024.

Aha Chriss Eazy akaba yagize ati “Imyiteguro yo irakomeje, mu minsi mike ndaba nerekejeyo, ibijyanye no gutarama byo rwose nditeguye ahubwo ubu navuga ko nari maze iminsi mu kureba uko nazavayo hari zimwe mu ndirimbo zanjye mfatiyeyo amashusho. Mbega ni kwa kundi umuntu atera ibuye rimwe akica inyoni ebyiri.”

Chriss Eazy yavuze ko amaze iminsi aganira n’abazamufasha mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ze mu gihe azaba ari ku Mugabane w’u Burayi.

Chriss Eazy abifashijwemo na sosiyete yitwa ‘Team Production’ isanzwe itegura ibitaramo by’abahanzi i Burayi, agiye gukora ibitaramo bizazenguruka ibihugu bitandukanye azatangirira mu Bubiligi.

Ni ibitaramo kugeza magingo aya Chriss Eazy yamaze kwemeza ko azatangirira mu Bubiligi ku wa 14 Ukuboza 2024 mbere y’uko yerekeza mu bindi bihugu nk’u Bufaransa, Pologne n’ahandi bakomeje ibiganiro.

Ni ibitaramo Chriss Eazy agiye gukora nyuma yo gusohora indirimbo yise ‘Sambolela’ iri mu zigezweho muri iyi minsi.

Chriss Eazy ategerejwe mu gitaramo kizabera mu Bubiligi
Chriss Eazy arateganya kuva i Burayi afatiyeyo amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .