00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

B Threy uri gutegura ubukwe yateguje abakunzi be EP nshya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 11:59
Yasuwe :

Mu gihe B Threy ari mu myiteguro y’ubukwe bwe buteganyijwe muri Werurwe 2023, yamaze guteguza abakunzi be imbumbe y’indirimbo esheshatu yise ‘For life’.

Ni EP izaba ikubiyemo indirimbo nka Nakwica, Crew, Numero, No drama, Till I die yakoranye na Yannick MYK na Love or Hate yakoranye na Angel Mutoni ndetse na Icenova.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, B Threy yavuze ko iyi EP amaze igihe kinini ayikoraho ku buryo yagombaga kuyisohora mu mpera z’umwaka ushize ariko kubera imirimo yo kuyisohora yari itarajya ku murongo.

Ati “Ni umugisha, wasanga ari Imana yashakaga ko ibyiza byanjye bikomeza guhura. Iyi EP twagombaga kuyisohora mu mwaka ushize ariko kubera akazi kenshi byasabaga, bituma tuyigiza inyuma none yahuye n’ubukwe bwanjye.”

B Threy avuga ko mu minsi iri imbere aribwo azatangaza amatariki azasohoreraho izi ndirimbo ndetse n’umunsi azakoreraho ibirori byo kuzumvishaho inshuti ze n’abantu be ba hafi.

Ku rundi ruhande, uyu muhanzi avuga ko nta na kimwe kizabangamira ikindi yaba imirimo yo gutegura ubukwe bwe ndetse n’iyo gusohora EP ye nshya.

Umuraperi B Threy aherutse gusohora integuza y’ubukwe bwe n’inkumi yitwa Keza bamaze igihe mu rukundo bakaba bitegura kurushinga ku wa 11 Werurwe 2023.

B Threy yateguje abakunzi be EP nshya
Umuraperi B Threy aherutse gusohora integuza y’ubukwe bwe na Keza bamaze igihe bakundana. Bari kwitegura kurushinga ku wa 11 Werurwe 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .