Izi ndirimbo zigize album y’uyu muhanzi yise ‘Colourful Generation’. Iriho indirimbo 20 zirimo ize wenyine, n’izo yagiye ahuriramo n’abandi bahanzi bakomeye mu Rwanda no hanze yarwo.
Gusa, benshi bamaze iminsi batungurwa no kuba izi ndirimbo zijya hanze mu buryo butunguranye bitagizwemo uruhare n’uyu muhanzi cyangwa 1:55 AM imufasha mu muziki.
Mu ndirimbo zagiye hanze harimo iyo yahuriyemo na Joeboy bise “Beauty on Fire’’, “Ndi Umusinzi” yakoranye na Bulldogg, “Sinya’’ na “Roza”.
Mu kiganiro na IGIHE Tuyitakire Joshua ushinzwe itangazamakuru muri 1:55Am, ireberera inyungu uyu muhanzi yavuze ko, izi ndirimbo zagiye hanze, ari izaguzwe mu buryo bwa ‘Pre-Save’ ariko n’ubundi ntaho zihuriye n’iziri kuri album.
Ati “Indirimbo mwabonye harimo izagiye hanze, zaguzwe mu buryo bwa ‘Pre-Save’. Abantu bakagenda bazifata bakazishyira ku mbuga zitandukanye mu buryo butemewe. Hari n’izindi zibwe muri studio, ziriya mwabonye ntaho zihuriye n’izo duteganya gushyira hanze.”
Avuga ko muri izi ndirimbo harimo n’iza ‘version’ za kera zagiye zibwa muri studio, n’abantu bataramenyekana gusa zikaba zitarakorewe mixage cyangwa mastering zikaba zari zikiri ama-sample bityo izizajya hanze zitandukanye cyane na zo.
Agaragaza ko bari kwitabazwa imbuga zashyizweho bakerekana ibyemeza ko ari iza Bruce Melodie kandi zashyizwe kuri izi mbuga mu buryo butemewe ndetse zimwe zikaba zatangiye gusibwa.
Avuga ko indirimbo nka “Beauty on Fire’’ na “Roza” zo zari zararangiye mu gihe, “Ndi Umusinzi” yakoranye na Bulldogg na “Sinya’’ zo zasohowe zitararangira.
Bruce Melodie ibi byabaye mu gihe ateganya gushyira hanze indirimbo zose zigize album ye nshya ku wa Gatanu w’icyumweru gitaha tariki 17 Mutarama 2025. Muri izi ndirimbo iyitwa “Beauty on Fire” izajya hanze iri kumwe n’amashusho yayo.
Reba Bruce “Niki Minaj”; indirimbo Melodie aheruka gukorana na Blaq Diamond bo muri Afurika y’Epfo
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!