00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni ibitero bya Satani- Miss Nishimwe Naomie ku nkuru zivuga ko ubukwe bwe bwapfuye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 December 2024 saa 03:33
Yasuwe :

Miss Nishimwe Naomie yahakanye amakuru amaze iminsi avugwa ko ubukwe bwe bushobora gupfa ku munota wa nyuma, ahamya ko ibikomeje kwaturwa ku mbuga nkoranyambaga ari ibitero bya Satani.

Ibi Nishimwe Naomie yabigarutseho nyuma yo kubona ubutumwa bw’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga wavugaga ko afite amakuru ko ubukwe bwe bwamaze guhagarara.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Miss Nishimwe Naomie yagize ati “Ibitero bya Satani, mu izina rya Yesu!”

Ni ubutumwa uyu mukobwa yatanze nyuma y’iminsi ku mbuga nkoranyambaga havugwa amakuru y’uko ubukwe bwe bushobora kuzamo kidobya, ndetse bamwe bakanerura ko bushobora kwicwa n’uko aherutse gufata umusore bitegura kurushinga amuca inyuma.

Ubukwe bwa Miss Nishimwe Naomie wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020 na Michael Tesfay buzaba ku wa 29 Ukuboza 2024.

Ni ubukwe bugiye kuba nyuma y’uko muri Mutarama 2024 uyu mukobwa yambitswe impeta.

Inkuru y’urukundo rw’aba bombi yatangiye kumvikana mu itangazamakuru kuva muri Mata 2022.

Kuva icyo gihe yaba Nishimwe Naomie na Michael Tesfay bahorana agatoki ku kandi mu ngendo zitandukanye ndetse no mu bikorwa bakora mu Rwanda no hanze yarwo.

Miss Nishimwe Naomie yagaragaje ko amakuru yo kwica ubukwe bwe ari ibitero bya Satani, abyamagana mu izina rya Yesu
Miss Nishimwe Naomie na Michael bakomeje imyiteguro y'ubukwe bwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .