00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Neg G yemeje ko ashobora gusezera ku muziki burundu

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 December 2024 saa 04:41
Yasuwe :

Umuraperi Neg G The General yavuze ko ari kugerageza gushyira imbaraga ze za nyuma mu muziki, ku buryo umwaka wa 2025 utamuhiriye ashobora gufata icyemezo cyo kureka umuziki burundu.

Ibi uyu muraperi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, ahamya ko nyuma y’igihe amaze adakora umuziki kuri ubu ari kugerageza gushyiramo imbaraga ze za nyuma.

Ati “Niyo mpamvu muri kumbona mu biganiro no mu ndirimbo zitandukanye, ndi kugerageza gushyira imbaraga mu muziki wanjye ku buryo umwaka utaha mbonye bitankundiye rwose ari ibintu nafataho umwanzuro nkaba nawuhagarika.”

Neg G yanaboneyeho umwanya wo gushimira abantu badahwema kumufasha, ati “Hari abantu bumva indirimbo zanjye bakambwira ko batari bamperutse cyangwa bakumva ibiganiro nkora ugasanga bagize umutima wo kumfasha, abo bose ndabashimira kuko ntigeze ngira amahirwe yo kugira abamfasha mu muziki wanjye.”

Neg G The General yavuze ko kugeza ubu afite ibihangano bitandukanye yitegura gusohora umwaka utaha, ariko ahamya ko mu gihe yabona bidatanze umusaruro yafata umwanzuro wo kubivamo burundu.

Uyu muraperi uri mu bamaze igihe mu muziki, yamenyekanye ubwo yari mu itsinda rya UTP Soldiers ryanyuzemo abahanzi nka Riderman, MIM na Puff G.

Nyuma yo gutandukana na Riderman, aba baraperi bumvikanye bakozanyaho ndetse kugeza n’uyu munsi rurageretse.

Icyakora nubwo umwuka hagati yabo atari mwiza, Neg G The General aherutse gusaba imbabazi Riderman, ahamya ko yifuza ko ibibazo bagiranye byarangira bakongera kubana mu mahoro nk’uko byahoze mu myaka ya kera ubwo batangiranaga umuziki.

Neg G yemeje ko umwaka utaha ashobora gusezera ku muziki burundu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .