Mu butumwa yegeneye abakunzi be, Neg G The General yagize ati “Umuhungu wanjye nari mperutse kwibaruka yitabye Imana, ruhukira mu mahoro mwana wanjye. Ni ubwa mbere mu buzima numvise umutima wanjye ushwanyaguritse.”
Uyu mwana yari yahaye izina rya Prince, yari amaze igihe mu bitaro yitabwaho n’abaganga nyuma yo kugira ikibazo mu myanya y’ubuhumekero.
Neg G The General ni umwe mu baraperi bafite izina ryamamaye mu muziki w’u Rwanda mu myaka yashize. Uyu musore wamamaye cyane mu itsinda rya UTP Soldiers, nyuma yaje gutangira kwikorana umuziki ku giti.
Umwana wa Neg G The General witabye Imana yari uwa gatatu akurikira imfura ye ifite imyaka 16 ndetse n’ubuheta bwe bufite imyaka 11.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!