Amashusho yashyizwe muri iyi filime ‘Love’s cage’ agaragaza agace Ndahiro ari gusomana mu buryo bwimbitse n’umusore bakinana.
Ni amashusho yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga, icyakora uyu mukobwa ahamya ko we ntacyo bimutwaye kuko ibyo yakoze byari umukino wari wanditswe.
Ati “Filime ni iyanjye, uwanditse filime akanayiyobora yanyeretse ko aka gace kagomba kugaragaramo, ni yo mpamvu rero twabikinnye nta kindi rwose.”
Ndahiro ahamya ko gukina filime asomana n’umuhungu abantu badakwiye kubifata nka byacitse cyane ko basanzwe banabibona mu zindi filime kandi bareba.
Ati “None se ni ubwa mbere? Televiziyo zacu ntizirirwa zinyuzaho filime z’abanyamahanga kandi bakina basomana? Numva ntawe byagateye ikibazo rwose, cyereka uwakumva ko hari ibyo abanyamahanga bakina twe tutabasha.”
Uyu mukobwa ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, yinjiye muri sinema ahereye ku yitwa Natacha Series yatangiye kujya hanze mu 2022.
Kuva icyo gihe Natacha Ndahiro wakundirwaga ikimero cye, yatangiye kwigarurira abakunzi ba sinema akora izindi filime nka ‘Love is my sin’, Masezerano n’izindi.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!