00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MYP wa KGB yasohoye amashusho agaragaza ihohoterwa yakorewe na Polisi muri Amerika

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 May 2025 saa 09:49
Yasuwe :

Manzi Yvan Pitchou wamamaye nka MYP mu itsinda rya KGB ariko uyu munsi akaba asigaye yitwa Navytune, yasangije abamukurikira amashusho agaragaza ihohoterwa aherutse gukorerwa n’umupolisi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho asigaye atuye.

Ni amashusho MYP yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, ndetse ahishura ko atari ay’umushinga w’indirimbo cyangwa ibindi byari byateguwe.

MYP yavuze ko aya mashusho yayafashe nyuma yo kubona ko agiye gufatwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’umupolisi wari umusanze ahantu yari yicaye acuranga guitar ari na ko anyuzamo akaririmba.

MYP yavuze ko nta cyaha yari akurikiranyweho ahubwo ahamya ko ryari ihohoterwa yakorerwaga n’aba bapolisi bageze aho bakaba batatu.

Nyuma yo kugera ku muyobozi wabo, MYP ahamya ko yababajwe bikomeye no kuba nta butabera yigeze abona kuko yagerageje kumwumvisha ko abapolisi bamufashe bamwibeshyeho.

MYP wahoze mu itsinda rya Kigali Boyz ryamamaye nka KGB, amaze imyaka 12 aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yagiye gukomeza amasomo ye bikarangira ahatuye.

Mu 2016 yasoje kaminuza aho yize ibijyanye na Psychologie, Sociologie ndetse n’Umuziki nyuma akaza gusoreza mu ishuri ry’ibijyanye n’Ubucuruzi.

Itsinda rya KGB, MYP yahoze abarizwamo, ryamamaye mu ndirimbo yitwa ‘Arasharamye’ yari yarabaye nk’ibendera ryabo mu muziki.

KGB yari igizwe n’abahanzi barimo Skizzy, MYP na Henry witabye Imana mu 2012.

Mu 2015 MYP yasezeranye kubana akaramata n’Umunyamerikakazi Shannon Lair bari bamaze igihe bakundana.

MYP yemeza ko ariwe wafashe amashusho nyuma yo kubona ko aribwo buryo bwonyine bwazatuma abantu babona ko yahohotewe
Ikindi cyababaje MYP ni uko atigeze anabona ubutabera ubwo yageraga ku ukuriye aba ba Polisi
MYP ahamya ko yahohotewe na Polisi yo muri Amerika aho asigaye atuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .