00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mvuze ibyo nahuye nabyo byose byavamo kurira! Ariel Wayz yahishuye ibicantege bye mu muziki

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 4 March 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Umuhanzikazi Uwayezu Ariel umaze kumenyekana nka Ariel Wayz yahishuye ko ubwo mu 2020 yavaga mu itsinda rya Symphony Band yabarizwagamo agatangira kuririmba ku giti cye, abantu benshi bamuteze iminsi ariko akaba ashima Imana ko ibyo bamwifurizaga bitigeze biba.

Uyu muhanzikazi ugiye gushyira hanze album yise “Hear To Stay” iriho indirimbo 12 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Werurwe 2025. Aho yari abajijwe ibizazane yagiye ahura na byo mu muziki we ndetse n’ibyo yishimira yagezeho mu myaka ine irenga awumazemo.

Mu gusubiza yahise atangira avuga ku byiza yishimira yagezemo mu muziki. Agaragaza ko icya mbere ari uko yakiriwe ndetse agatangira gucurangwa kuri radiyo n’ubwo bamwe bashobora kubyumva nk’ibintu bito.

Ati “Ikintu cya mbere nishimira nagezeho ni ukwiyumva bwa mbere kuri Radiyo. Kugera ku cyo wiyemeje bamwe babifata nko kugera ku bintu binini ariko njye siko mbibona[...]ikindi ni ukuba umuntu agihari kandi abantu bakimukunda.”

Yavuze ko ikintu afata nk’icyamuhungabanyije ari abantu bamuciye intege ubwo yatangiraga umuziki ku giti cye, avuye mu itsinda rya Symphony Band yabarizwagamo.

Ati “Ibyo mbara nk’ibicantege cyangwa gutenguhwa ni byinshi mbivuze byavamo no kurira. Icya mbere bwari ubwa mbere ntangira umuziki nk’umuhanzi ku giti cye, hari abanyamakuru banciye intege bavuga bati karumva kabaye aka ‘danger’, bati reka tugahe iminsi ingahe karahita karuha. Nicyo cya mbere.”

Arakomeza ati “Ibindi ni ibisanzwe nko kwamburwa ariko ni ibintu dukwiriye guca. Kugeza na n’ubu hari abantu bafite amazina manini usanga baba bifashe uko babishaka. Ariko uyu mwaka ibyo bintu bikwiriye gucika kuko umuziki ni akazi.”

Uyu muhanzi yabajijwe ibigwi yumva yazasiga biramutse bibaye ngombwa ko ava mu muziki, avuga ko umuziki ariwo buzima bwe atifuza kuwuvamo ahubwo yawukora kugeza ku ndunduro y’ubuzima bwe. Ariko avuga kimwe mu byo ashaka kuzasiga nk’ibigwi ari ukuba abakobwa baba ari benshi kurusha abagabo biturutse kuri we.

Ati “Ibigwi numva nasigaye ndamutse mvuye mu muziki n’ubwo ntabyifuza, icyanshimisha ni ukugira ‘label’ ifasha abahanzi, nkasiga abakobwa bari kuganza abahungu cyane ko na n’uyu munsi abakobwa bakiri bake.”

Ariel Wayz yanavuze ko agiye gushyira hanze album ye ya mbere tariki 8 Werurwe ku munsi wahariwe abagore, kuko bishimishije kuri we nk’umukobwa kuba yakwibaruka ku munsi wamuhariwe.

Iyi album iriho indirimbo 12. Muri izi ndirimbo zose zigiye zigaragaza ubuzima bwe busanzwe urukundo ndetse n’ibizazane yagiye anyuramo. Kuri iyi album hariho indirimbo yakoranye n’abahanzi batandukanye mu Rwanda.

Muri izi harimo ‘3 in the morning’ yakoranye n’uwitwa Kent Larkin, ‘Urihe’ yakoranye na Kivumbi King na ‘Feel it’ yakoranye na Angell Mutoni. Hariho kandi indirimbo yise ‘Ariel &Wayz’ aho avuga ko muri iyi ndirimbo Ariel aba kuganira na Wayz.

Mu gihe iyi album izaba yagiye hanze Ariel avuga ko buri mukunzi we azabasha kuyumva yishyuye amafaranga 1000 Frw. Yagaragaje ko n’ubwo atari amafaranga menshi ariko biri mu gahunda yatangije we n’Umujyanama we Eloi Mugabo, bwo gukangurira abafana kumushyigikira bise “Sponsored by Fans”.

Avuga ko ari uburyo buzamuhuza n’abakunzi be nk’umuhanzi wigenga, nta wundi muntu wivanzemo cyane ko adatekereza kuba yagira ‘label’ abarizwamo kugeza uyu munsi.

Iyi album Ariel Wayz agiye kuyisohora nyuma ya EP eshatu yagiye asohora mu gihe amaze mu muziki, zirimo iyitwa ‘Best in Me’, ‘Touch the Sky’ ndetse n’iyitwa ‘Love & Lust’. Iyi album izajya hanze ku wa 8 Werurwe 2025. Izashyirwa hanze hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Reba ‘Made for You’, imwe mu ndirimbo Ariel Wayz aheruka gushyira hanze

Ariel Wayz agiye gushyira hanze album ye ya mbere nyuma y'imyaka irenga ine amaze akora umuziki
Abanyamakuru batandukanye bari bitabiriye ikiganiro na Ariel Wayz
Ariel Wayz ni uku yari yaserutse ubwo yajyaga mu kiganiro n'itangazamakuru
Ariel Wayz ni umwe mu bahanzikazi bamaze kugira izina mu Rwanda
Ariel Wayz yavuze ko hakiri ibibazo ku bahanzi bdafite inzu zibafasha babarizwamo ariko na none avuga ko kiri mu bintu byiza
Eloi Mugabe yavuze ko urugendo rwo gutuganya iyi album nshya ya Ariel rwari rukomeye ariko bakaba bishimira ko igiye kujya hanze
Eloi Mugabe ufasha uyu muhanzikazi uri ibumoso ndetse na Ariel Wayz ubwo bari bari mu kiganiro n'itangazamakuru
Uyu mukobwa yavuze ko ashaka kuzashinga 'label' ifasha abakobwa ku buryo bazaganza abagabo mu ruganda rw'umuziki

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .