00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni amahirwe atabonwa na bose-Muramira Regis nyuma yo kwihanangirizwa na RIB

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 May 2025 saa 05:17
Yasuwe :

Umunyamakuru Regis Muramira yavuze ko kuba yarihanangirijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ari amahirwe atabonwa na benshi, bityo ko ubutumwa bamugeneye bwamugezeho kandi yiteguye kutazasubira ibyatumye yihanangirizwa.

Ibi uyu munyamakuru yabivugiye mu kiganiro Urukiko rw’ubujurire gitambuka kuri Fine FM akaba ari na cyo asanzwe akoramo.

Muri iki kiganiro, Muramira Regis yavuze ko kwihanangirizwa na RIB ari amahirwe yagize kandi yizeza ubuyobozi ko atari umwana wo kuzayatarerera inyoni.

Ati “Buriya butumwa bwari bwuzuyemo ukuri kuzuye […] iyo ugize amahirwe bakakuburira cyangwa bakagukebura si amahirwe abonwa na bose kandi sindi umwana wo kuyaterera inyoni. Burya iyo uri muri sosiyete ufite abagukurikira hari urugero ugomba gutanga.”

Muramira yavuze ko amahirwe yagize yo kugirwa inama n’urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha atari aya buri wese kuko abenshi bagwa mu byaha bakisanga bakurikiranywe batigeze babona amahirwe nk’ayo we yabonye.

Regis Muramira yanaboneyeho umwanya wo gushimira Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry kubera uburyo asobanura ibintu mu buryo byumvikana neza.

Ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru ku wa Kane, tariki ya 15 Gicurasi 2025, Dr. Murangira yagarutse ku makimbirane ya Muramira na Sam Karenzi ari gukomeza gufata indi ntera abasaba kubireka bitarabata mu mutego w’icyaha.

Inkuru bifitanye isano:Ni ibintu RIB itazihanganira- Dr. Murangira ku makimbirane ya Sam Karenzi na Muramira Régis

Muramira Regis yijeje RIB ko ubutumwa yabwumvise kandi ko agiye guhinduka ku buryo atazarenga umurongo utukura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .