00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda hagiye gutangirwa ibihembo bya ‘The Africa Young Achievers Awards’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 5 January 2025 saa 05:53
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangirwa ibihembo bya ‘The Africa Young Achievers Awards’, bigamije gushimira Abanyafurika baturuka mu bihugu bitandukanye bageze ku bikorwa by’indashyikirwa bakiri bato mu byiciro byiganjemo ibyo mu myidagaduro.

Ni ibihembo bigiye gutangirwa i Kigali binyuze mu mushinga wa ‘Africa Young Achievers’, uhuriyemo abantu batandukanye baba abo mu Rwanda no hanze yarwo barangajwe imbere n’Umunya-Zambia, Daniel Blessington, wanatangije ibihembo bya Zikomo bitangirwa iwabo.

Hari kandi Abanyarwanda nka Julius Mugabo watangije ‘Interact Rwanda’, Yvonne Kabarokore ukunda gukoresha izina rya Ïvy, uheruka guserukira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Planet International 2024, na Murenzi Abdellaziz usanzwe ari inzobere mu ibararuramari.

Harimo Laura Sarah uheruka guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Africa Golden International ryaberaga muri Nigeria, akaba igisonga cya mbere; Kami Paula usanzwe akora muri Minisiteri ya Siporo, Abitije Seraphin uhagarariye ibi bihembo mu Rwanda, na Franco Kabano watangije ‘We Best Model Management’ ifasha abanyamideli.

Ibi bihembo bizatangwa ku babaye indashyigikirwa mu byiciro bitandukanye mu 2024. Muri aba harimo Umunyamakuru mwiza ukiri muto [Best Young Achievers Journalist], Umwanditsi w’ibitabo ukiri muto [Best Young Achievers Author], Uwakoze ibikorwa by’ubumuntu [Best Young Achievers Humanitarian].

Hari kandi Umubyinnyi mwiza [Best Young Achievers Dancer/Choreographer] n’Umukinnyi mwiza wa filime ukizamuka [Best Young Achievers Upcoming Actor/Actress], Umwanditsi w’indirimbo mwiza [Best Young Achievers Song Writer], Umusizi mwiza [Best Young Achievers Poet], Umukinnyi mwiza wa filime y’uruhererekane [Best Young Achievers TV Series/Movie] n’Utunganya indirimbo [Best Young Achievers Music Producer].

Abahatanye muri ‘The Africa Young Achievers Awards [YAA]’ bazatangazwa ku wa 15 Mutarama 2025. Ushaka kumenya byinshi kuri ibi bihembo anyura hano.

Yvonne Kabarokore 'Ïvy' aheruka guserukira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Planet International 2024
Murenzi Abdellaziz usanzwe ari inzobere mu ibararuramari ni umwe mu bitabajwe ubwo hamurikwaga ibi bihembo
Kami Paula yavuze ko ibi bihembo bije bikenewe
Abitije Seraphin, Laura Sarah, Paula Kami na Murenzi Abdallaziz bafata ifoto y'urwibutso
Julius Mugabo uri mu batangije ibi bihembo asanzwe azwi mu bikorwa bitandukanye by'imyidagaduro
Franco Kabano ubwo yafataga ijambo
Abitije Seraphin yavuze ko ibi bihembo bigamije gufasha abantu mu ngeri zitandukanye
Abitije Seraphin ni we uhagarariye ibi bihembo mu Rwanda
Abitije Seraphin na Paula Kami bari mu bazagira uruhare mu igenda neza ry'ibi bihembo
Abantu batandukanye bari bitabiriye umuhango wo kumurika ibi bihembo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .