Amakuru IGIHE ifite ni uko igitekerezo cyari uguhura na bamwe mu bahanzi bakaganira na John Legend ku iterambere ry’uruganda rwa muzika mu Rwanda ndetse bakagira n’umwanya wo gusabana.
Mu bari bamenyeshejwe ko bari ku rutonde rw’abagombaga kwitabira iki gikorwa ndetse banateguriwe amatike yo kwinjiriraho mu gitaramo, batatu nibo babonetse.
John Legend yagombaga guhura n’abahanzi bo mu Rwanda i Saa mbili z’ijoro zuzuye, mbere y’uko ajya ku rubyiniro.
Iyo saha yageze abahanzi babashije kuhagera ari Nel Ngabo, Juno Kizigenza na Angell Mutoni biyongeraho Ishimwe Clement, Umuyobozi wa KINA Music wagombaga n’ubundi guherekeza umuhanzi we.
Hari abandi bane babashije kugera muri BK Arena bakererewe basanga iki gikorwa cyarangiye mu gihe abandi icumi bo batigeze banahagera.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!