00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Morocco Omari wakinnye muri ‘Empire’ yishimiye gutembereza umubyeyi we mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 December 2024 saa 08:46
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime, Morocco Omari wamamaye muri filime y’uruhererekane ‘Empire’, amaze iminsi mu Rwanda aho yaherekejwe n’umubyeyi we ari gutembereza urw’Imisozi Igihumbi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Morocco Omari yasangije abamukurikira amafoto ari kumwe n’umubyeyi we mu Mujyi wa Kigali arangije agira ati “Cyera kabaye, nabashije kugeza umubyeyi wanjye ku butaka bw’amavuko.”

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, Morocco Omari yavuze ko umubyeyi we yishimiye gusura u Rwanda ku nshuro ye ya mbere.

Ati "Yishimiye gutembera u Rwanda kuko yari inshuro ye ya mbere kandi rwose yizihiwe."

Omari asanzwe asura u Rwanda ndetse yabishimangiye mu kiganiro yagiranye na Isabelle Masozera muri Gicurasi 2017, ari nabwo yavuze ko ‘afata iki gihugu nk’urugo rwe rwa kabiri’.

Morocco yavukiye muri Chicago, Illinois ariko afite ibisekuru muri Afurika yo hagati. Yamenyekanye cyane mu zindi filime zakunzwe nka ‘Chicago Fire’ yaciye kuri NBC, Prison Break, Homeland, Malcolm & Eddie, Early Edition, NCIS (yaciye kuri CBS), The Beast, 24 n’izindi.

Mu zo yayoboye, harimo Good Intentions, (Mis) Leading Man, and Mission Mom: Possible. Uyu mugabo avuga ko afite inzozi zikomeye zo gukomeza kwigisha Isi ayihindura nziza biciye mu buhanzi.

Umubyeyi wa Morocco Omari ari mu byishimo byo gusura u Rwanda
Morocco Omari yishimiye gusura u Rwanda ari kumwe n'umubyeyi we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .