00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Utumatwishima yifashishije indirimbo ya Zizou Alpacino ahanura urubyiruko

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 7 December 2024 saa 12:00
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yifashishije indirimbo ya Zizou Alpacino asaba kuba abantu bafite intumbero nzima.

Ibi Minisitiri Utumatwishima yabikomojeho ubwo yari mu gikorwa cyo gushyikiriza impamyabushobozi urubyiruko rwasoje amahugurwa muri ArtRwanda-Ubuhanzi cyabereye muri Kigali Convention Centre ku wa Gatanu tariki 6 Ukuboza 2024.

Minisitiri Utumatwishima yagize ati “Indirimbo yitwa ‘Kuba umugabo’ ni indirimbo nziza cyane nshaka ngo urubyiruko rurangije ruyumve, harimo amagambo meza cyane harimo aho bagira bati, ikintu giha agaciro umugabo ni icyo atahana mu rugo.”

Yashimiye abasoje amasomo yabo mu gihe cy’umwaka bari bamaze, abasaba kuzabyaza umusaruro ubumenyi bahawe bakiteza imbere banateza imbere igihugu.

Iyi ndirimbo Minisitiri Utumatwishima yakomojeho, Zizou Alpacino yayihurijemo abahanzi nka Bulldog, Calvin Mbanda, P Fla, Fireman na Jay C.

Iyi ni imwe mu ndirimbo zigize album nshya ya Zizou Alpacino yise ‘Success from Suffering’.

Mu kiganiro na IGIHE, Zizou Alpacino yavuze ko iki gitekerezo yakigize mu kurushaho guha abakunzi be umuziki mwiza, anagerageza guhuza abahanzi batajyaga bapfa kwihuza.

Minisitiri Utumatwishima yifashishije indirimbo ya Zizou Alpacino asaba urubyiruko gukora rukiteza imbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .