Yabigarutseho ubwo yari yitabye Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko.
Yavuze ko hari icyifuzo cy’urubyiruko rukoresha Youtube, rusaba ko u Rwanda rwashyirwa mu bihugu aho umuntu urebera uru rubuga aba ashobora kwamamaza, bigatuma abakoresha uru rubuga bunguka amafaranga.
Yagaragaje ko Minisiteri y’urubyiruko yatangiye ibiganiro na Minisiteri y’ikoranabuhanga bityo bifuza kurebera hamwe uko u Rwanda rwagirana imikoranire na ’Google’ abakoresha Youtube mu bakabasha kwinjiza amafaranga.
Ati “Twavuganye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na RURA ngo dutekereze ko habaho amasezerano n’u Rwanda rukajya mu bihugu ruhabwa amatangazo bityo urubyiruko rwashyize ibintu kuri Youtube rukishyurwa.”
Ibi Minisitiri yabigarutseho mu gihe benshi mu bakoresha Youtube bo bamaze iminsi bijujutira kuba uru rubuga rudatanga amafaranga ahagije bitewe n’uko amatangazo yamamaza yahagaritswe mu Rwanda.
Igisubizo cy’iki kibazo kizaturuka ku kuba u Rwanda ruzumvikana na Google mu mikoranire yaba igisubizo ku bahanzi n’abakoresha imbuga nkoranyambaga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!