00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Nyamutoro yahishuye ibanga Eddy Kenzo yakoresheje ngo amwigarurire

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 March 2025 saa 10:15
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Uganda, Phiona Nyamutoro, akaba n’umugore wa Eddy Kenzo, yahishuye bwa mbere ahura n’uyu muhanzi yari yabimusabye amubwira ko ashaka ko bakorana umushinga, nyuma uyu mugore akaza gusanga ahubwo yari we mushinga.

Yabigarutseho mu kiganiro yari yatumiwemo muri Next Radio iri mu zikomeye muri Uganda.

Ati “Byarihuse cyane sinzi uko Eddy Kenzo yambonye. Twapanze guhura ari ibintu byagombaga kuba ari akazi, yavugaga ko afite umushinga, sinari nzi ko njyewe ubwanjye ndi uwo mushinga yari afite.”

Yakomeje avuga ko ubwa mbere bahuye bakaganira, ku nshuro ya kabiri nabwo bagahura ariko ibyo avuga Eddy Kenzo ntabyiteho, undi akababazwa na byo atazi ko nta na kimwe muri ibyo gishishikaje uyu mugabo icyo amushakaho ari urukundo.

Muri Kanama 2024 nibwo Eddy Kenzo yerekanywe mu muryango wa Phiona Nyamutoro bityo biyemeza gutangira urugendo rushya rw’ubuzima nk’umugabo n’umugore bose bahawe umugisha n’ababyeyi ba Nyamutoro.

Phiona Nyamutoro yerekanye Eddy Kenzo mu muhango wabereye i Kampala ahitwa Buziga ku ivuko rye.

Eddy Kenzo yashinze ivi amwambika impeta ihamya urwo amukunda muri uwo muhango ushingiye ku muco gakondo w’Abagande.

Hari amakuru anavuga ko kandi nyuma yo kurushinga aba bombi bafitanye umwana.

Ubwo Eddy Kenzo yerekanwaga mu muryango w'umugore we
Ubwo Eddy Kenzo yerekanwagwa yampitse impeta umugore we
Eddy Kenzo na Nyamutoro batangiye kuvugwa cyane mu mwaka ushize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .