00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Micky yavuze icyamutandukanyije na Captain Regis, anakomoza ku musore bivugwa ko bacuditse (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 December 2024 saa 05:32
Yasuwe :

Micky wamamaye muri sinema y’u Rwanda yemeje ko yatandukanye na Captain Regis ariko biturutse kuri uwo musore, icyakora ahamya ko kuri ubu ibibazo bari bagiranye byarangiye burundu.

Ibi Micky yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari kumwe na AG Promoter, umusore bimaze iminsi bivugwa ko bakundana nubwo bo mu itangazamakuru bavuga ko ari ababyara.

Muri iki kiganiro, Micky yavuze ko we na Captain Regis batandukanye nyuma y’uko uyu musore amusabye ko ibyabo byarangira burundu.

Ati “Ntabwo namuhemukiye ni we wanyanze, imbere y’Imana ishobora byose ni we wanyanze. Hari ukuntu umuntu aba ashaka kuzana ibindi ariko ukuri kwe azi neza ni uko ari we wambwiye ngo tubihagarika! Ni ibintu yambwiye ndi kumwe na Killerman.”

Ibijyanye n’amakuru yari yatangajwe na Captain Regis wari wavuze ko yahisemo gutandukana na Micky nyuma yo kumufata aryamanye na AG Promoter, uyu mukobwa yabihakanye icyakora ahamya ko n’iyo biba byo nta nka yari kuba yaciye amabere.

Ati “Ese ubundi reka nkubaze, bibaye ari byo abaye yaradufashe, sindi umuntu mukuru? Hari umuntu nasezeranye na we? Mfite uburenganzira bwo gukora ibyo nshaka, kubivuga ni ukuri ni ibintu bibiri bitandukanye.”

Micky yavuze ko ibyabaye byo gutandukana mu nduru hagati ye na Captain Regis basanze ari amakosa ahamya ko basabanye imbabazi ndetse ubu babanye neza.

Ku bijyanye n’umubano we na AG Promoter basanzwe bavugwa mu nkuru z’urukundo, Micky yavuze ko ntabihari igihari ari ubuvandimwe nk’ababyara.

Micky utaramara umwaka muri sinema y’u Rwanda, yatangiye gushyira hanze ‘Season ya kabiri’ ya filime ye ‘My Doughter’ ndetse ahamya ko afite imishinga myinshi abantu bazagenda babona mu minsi iri imbere.

AG Promoter na Micky bivugwa ko basigaye bakundana nyuma y'uko uyu mukobwa atandukanye na Captain Regis
Micky avuga ko Captain Regis ariwe wamwanze bityo ko ntawamutwaye umukunzi nkuko byavuzwe
AG Promoter bivugwa ko yatwaye uwahoze ari umukunzi wa Captain Regis yabihakanye
Micky na AG Promoter bahuriye mu kiganiro Klture Talk, bongera gushimangira ko ari ababyara aho kuba abakunzi nkuko bisanzwe bivugwa na benshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .