00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mbera Amir uzwi muri sinema yapfushije se umubyara

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 7 February 2025 saa 11:37
Yasuwe :

Amir Mbera uri mu banyamideli banubatse izina muri sinema y’u Rwanda, ari mu gahinda ko gupfusha se umubyara, ibyago agize nyuma y’umwaka umwe gusa apfushije umugore na nyirabukwe baguye mu mpanuka imwe.

Uyu munyamideli ubwo yaganiraga na IGIHE, yavuze ko umubyeyi we yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 5 Gashyantare 2025, aguye mu rugo iwe.

Ati “Yari amaze igihe arwaye ariko kwa muganga bari baramusezereye ari mu rugo. Ijoro ryarageze rero ajya kuryama mu gitondo tuza gusanga byarangiye.”

Uyu mugabo ahamya ko ukwezi kwa Gashyantare gukomeje kumubera ukw’ibyago.

Ati “Reba Gashyantare 2024 napfushije umugore wanjye na mabukwe bari kumwe, none dore umwaka umwe gusa mbuze data umbyara.”

Umuhango wo guherekeza umubyeyi wa Mbera uteganyijwe ku wa 9 Gashyantare 2025, mu gihe ijoro ryo kumusezeraho bwa nyuma ryo riteganyijwe ku wa 8 Gashyantare 2025.

Mbera Amir ni umunyamideli usanzwe ubifatanya no gukina filime, akaba umwe mu biyambajwe muri filime ‘Good book, bad cover’ ya Alliah Cool yasohotse mu minsi ishize.

Mbera Amir uzwi muri sinema yapfushije se umubyara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .