00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mavide wamenyekanye muri sinema nyarwanda yatangiye gushyira hanze filime ye bwite

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 16 February 2025 saa 11:56
Yasuwe :

Turatsinze David umaze kumenyekana nka Mavide muri sinema nyarwanda no mu gutera urwenya, yatangiye gushyira hanze filime ye bwite.

Ni filime uyu musore yise “My Reasons’’ iri mu bwoko bw’iz’uruhererekane igaragaramo abakinnyi batandukanye barimo abazwi muri sinema, n’abari kuzamuka muri iki gihe.

Mavide yabwiye IGIHE ko iyi filime irimo inkuru eshatu zigaruka ku mugabo ushaka umugore ufite umwana akabura urubyaro bikaza guteza amayobera.

Ati “Iyi filime ifite inkuru eshatu zitandukanye zikubiye muri imwe aho urugo rwa mbere umugore aba yarabuze urubyaro, inda atwita zihora zivamo kandi umugabo we Safari atumva impanvu inda zivamo kandi yaramuzanye afite umwana bikaba ari cyo kibazo kiganje muruyu muryango.”

Iyi filime igaragaramo umuryango wa kabiri aho Maman Carine abarizwa aba yarafashe inguzanyo ku mugabo w’inshuti ye, akamugambanira akamwicisha hanyuma umuhungu we aba yaraje kwihorera muri urwo rugo.

Indi nkuru irimo ni iy’abasore n’inkumi bibana umwe muri bo witwa King afite nyirarume w’i Nyagatare, umusura yahagera agakunda umujyi akanga gutaha bikaba imbogamizi k’uwo babana.

Turatsinze avuga ko iyi filime ikubiyemo inkuru z’urukundo,inyigisho z’abashakanye, kwihanganirana n’urwenya.

Iyi filime igaragaramo Turatsinze David ([Mavide) ukina yitwa Rugamba, Isaac Mutore ukina ari Sankara, Twagiramukiza Alex ukina ari Safari, Usanase Pamellah ukina yitwa Muberarugo, Akimana Shalom ukina yitwa Shalom, Divine Bucyana uba yitwa Gogo n’abandi batandukanye.

Reba iyi filime y’uyu musore unyuze hano

Mavide amaze kumenyekana muri sinema nyarwanda gushyira hanze filime ye bwite
Filime ya Mavide yayise 'My Reasons'
Mavide amaze kumenyekana muri sinema nyarwanda
Mavide avuga ko iyi filime ye nshya ikubiyemo inkuru z’urukundo,inyigisho z’abashakanye, kwihanganirana n’urwenya
Mu bakina muri iyi filime harimo na Sankara wamamaye mu gusobanura filime

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .