00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Maurice Kirya wo muri Uganda yashimagije u Rwanda rudahwema gutumira abahanzi b’ibyamamare

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 March 2025 saa 10:09
Yasuwe :

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime ufite izina rikomeye mu myidagaduro yo muri Uganda, Maurice Kirya yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga ubwo yagaragazaga ko u Rwanda rudasiba gutumira ibyamamare no kwakira ibirori bikomeye ku Isi, akibaza aho Igihugu cye kiri.

Ibi Maurice Kirya yabikomojeho ku mbuga nkoranyambaga aho yagize ati “U Rwanda rumaze kuzana abahanzi nka John Legend na Kendrick Lamar, rwakiriye ibirori bya Trace Awards, ibyamamare muri ruhago na sinema […] Ubukerarugendo bwabo buri kuzamuka cyane.”

Maurice Kirya ygaragaje ko atumva impamvu iwabo muri Uganda nta bahanzi b’ibyamamare bajya batumira mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo bw’iwabo.

Aya magambo ya Maurice Kirya yatumye uyu muhanzi yukwa inabi n’abamukurikira bamubwiraga ko atakabaye yogagiza ubukerarugendo bw’u Rwanda nyamara n’iwabo ntako baba batagize ngo bateze imbere ubwabo.

Hari n’abageze kure bibutsa uyu muhanzi ko niba yifuza kwimukira mu Rwanda yagenda ariko ntakomeze kubaratira ubwiza bw’ahandi.

Maurice Kirya ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda aho yanegukanye igihembo cya ‘Prix Decouvertes mu 2010’.

Uretse kuba ari umuhanzi ukomeye, Maurice Kirya ni nawe washinze ‘Piz & Pots’ imaze kubaka izina mu gutegura ibitaramo ngarukamwaka by’Iserukiramuco ‘Kiryalive festival’.

Maurice Kirya yegukanye igihembo cya 'Prix Decouvertes' mu 2010
Maurice Kirya ntiyumva ukuntu u Rwanda rwigwijeho gutumira ibyamamare, ibyo atabona iwabo muri Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .